Ibi
byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, kuri uyu wa Gatatu
tariki 10 Kamena 2026, aho yavuze ko muri iki gihe cy’ubutegetsi bwa Perezida
Donald Trump hashyizwe imbaraga nyinshi mu kurinda ubusugire bwa Amerika no
guhashya abantu n’imiryango ifasha abanyamahanga gukoresha nabi gahunda za
visa.
Nk’uko
iyi Minisiteri yabitangaje mu itangazo ryo ku rubuga rwa X [Yahoze ari Twitter],
nta munyamahanga wemerewe gusaba visa y’abashyitsi mu gihe intego nyamukuru ari
ukujya kubyarira muri Amerika kugira ngo umwana azahite abona ubwenegihugu
bw’icyo gihugu.
Muri
Afurika y’Iburengerazuba, Ambasade ya Amerika yavumbuye umuyoboro ukomeye wari
ugizwe n’abarenga 100 bakoreshaga inyandiko z’impimbano ndetse n’abahuza bazwi
nka “visa fixers” kugira ngo babone visa zo kujya muri Amerika kubyarirayo.
Visa z’abo bantu zahise zivanwaho, mu gihe Amerika yatangaje ko iri gukorana
n’inzego z’ibihugu birebwa kugira ngo hamenyekane indi miyoboro nk’iyo ikorwamo
uburiganya.
Mu
Burayi na ho, Amerika yavuze ko kuva mu 2024 hagaragaye abantu barenga 400
bakekwaho kugira uruhare muri ubu buryo. Iperereza ryagaragaje ko hari nibura
ibigo bitandatu byigishaga abasaba visa ibyo bagomba kuvuga mu biganiro
bagirana n’abakozi ba ambasade, bikabashakira aho kuba muri Amerika ndetse
bikabategurira gahunda zose zijyanye no kubyarira muri iki gihugu.
Leta
ya Amerika yatangaje ko visa z’abafashwe zakuweho, mu gihe bamwe mu bakekwaho
gutegura no korohereza ubu buriganya bafatiwe icyemezo cyo kutazongera
gukandagira muri Amerika ukundi.
Muri
Afurika y’Amajyaruguru, indi Ambasade ya Amerika yambuye visa ababyeyi barenga
100 bari baragiye muri iki gihugu ahanini bagamije kubyarirayo kugira ngo abana
babo babone ubwenegihugu bwa Amerika.
Minisiteri
y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yavuze ko aba bayobozi ba za ambasade
bafatanyije n’inzego z’umutekano ndetse bakifashisha ikoranabuhanga mu
gusesengura amakuru, babashije gutahura no guhagarika imiyoboro myinshi yari
ikomeje gukoresha nabi gahunda za visa.
Amerika yasoje ivuga ko visa atari uburenganzira bwa buri wese, ahubwo ari amahirwe umuntu ahabwa igihe yujuje ibisabwa, ishimangira ko izakomeza gukurikirana no gufatira ibihano abakoresha uburiganya bagamije kubona inyungu zituruka ku bwenegihugu bw’icyo gihugu.
Amerika
yatangiye gahunda yo guhagarika abajya kubyarira muri icyo gihugu bagamije guha
abana babo ubwenegihugu binyuze mu gukoresha nabi visa y’abashyitsi
