Amerika: Umusore w’imyaka 30 yemeye icyaha cyo kwica abanyeshuri bane ba Kaminuza ya Idaho

Hanze - 01/07/2025 8:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Amerika: Umusore w’imyaka 30 yemeye icyaha cyo kwica abanyeshuri bane ba Kaminuza ya Idaho

Bryan Kohberger, wahoze ari umunyeshuri wa PhD muri Kaminuza ya Washington State, yemeye icyaha cyo kwica abanyeshuri bane bigaga muri Kaminuza ya Idaho, kugira ngo yirinde igihano cy’urupfu yashoboraga guhabwa iyo aramuka aburanye.

Nk’uko byatangajwe na ABC News, Kohberger yemeye gukora amasezerano yo kwemera icyaha, akazaburana yemera icyaha ku mugaragaro tariki 2 Nyakanga. Azemera ibyaha bine by’ubwicanyi ku rwego rwa mbere ndetse n’icyaha kimwe cyo kwinjira mu nzu binyuranyije n’amategeko. Ibyo byose bifitanye isano n’ubwicanyi bwo ku wa 13 Ugushyingo 2022, bwahitanye Kaylee Goncalves, Xana Kernodle, Madison Mogen, ndetse na Ethan Chapin.

Abo banyeshuri bane biciwe mu nzu bari bacumbitsemo hafi ya kaminuza, aho Goncalves, Kernodle na Mogen babanaga, mu gihe Chapin yari umukunzi wa Kernodle.

Kohberger wari warigeze kwiregura ahakana ibyo aregwa, yemeye kureka uburenganzira yari afite bwo kuburanishwa n’akanama k’abaturage (jury trial), ibintu byari kumushyira mu nzira igana ku gihano cy’urupfu. Muri ayo masezerano, azahanishwa igifungo cya burundu inshuro enye zikurikirana, hakiyongeraho imyaka 10 ku cyaha cyo kwinjira mu nzu. Azanareka uburenganzira bwo kujurira, nk’uko byatangajwe na ABC News.

Urubanza rwe rwari ruteganyijwe gutangira ku wa 11 Kanama 2025.

Umuryango wa Kaylee Goncalves wakiriye aya makuru nabi, wandika kuri Facebook ko "watunguwe kandi wababajwe cyane n’icyemezo Leta ya Idaho yafashe," ushinja leta "kubabaza imiryango y’ababuze ababo."

Kohberger yatawe muri yombi mu Ukuboza 2022, mu rugo rw’ababyeyi be muri Leta ya Pennsylvania. Polisi yamushinje ishingiye ku bimenyetso birimo ADN yasanzwe ku gakapu karimo icyuma cy’inkota yakoreshejwe, n’uburyo telefoni ye yagaragaye hafi y’aho ubwicanyi bwabereye.

Abashinjacyaha bari bamaze gutangaza ko bazasaba ko ahanishwa igihano cy’urupfu, mbere y’uko hagerwaho amasezerano y’uko yemera icyaha.

Mu banyeshuri bari muri iyo nzu ubwo ubwicanyi bwabaga, babiri bararokotse. Umwe muri bo yabwiye abapolisi ko yabonye umuntu wambaye imyenda y’umukara n’agapfukamunwa, ufite ibitsike byinshi, yinjira mu cyumba akanyura imbere ye.

Ibimenyetso by’iperereza birimo amakuru ya telefoni n’amashusho yafashwe na camera z’uburinzi, byagaragaje ko Kohberger yari ari hafi y’aho ubwicanyi bwabereye inshuro nyinshi mbere y’icyo gitero. Imodoka y’umweru yo mu bwoko bwa Hyundai Elantra ifitanye isano na we, na yo yabonetse muri ako gace.

Hari byinshi bikiri ibanga kubera itegeko ryashyizweho ribuza impande zose zitabiriye uru rubanza gutangaza amakuru (gag order). Ntabwo biramenyekana niba aya masezerano yo kwemera icyaha azatuma amakuru arambuye atangazwa ku mugaragaro.

Bryan Kohberger yemeye ko ari we wishe abanyeshuri bane ba kaminuza ya Idaho mu 2022

Yatawe muri yombi mu 2022 ariko nibwo yemeye icyaha

Aba banyeshuri bane (amasura yabo agaragara) nibo bishwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...