Nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo The New York Times, iyi baruwa yari imaze igihe kinini itagaragara mu nyandiko z’iperereza, nyuma yo gukurwa mu bubiko bw’ishami ry’ubutabera bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Bivugwa ko yari yanditswe na Epstein akoresheje intoki ze, igasozwa n’amagambo
ane akomeye agira ati: “Time to say
goodbye” (Ni igihe cyo gusezera).
Ibaruwa yakuwe he?
Amakuru avuga ko iyi baruwa yagaragaye bwa
mbere n’uwahoze afunganywe na Epstein, Nicholas Tartaglione. Uyu mugabo avuga
ko yayisanze ihishe mu gitabo cy’amashusho (graphic novel) mu gihe Epstein yari
amaze kugerageza kwiyahura bwa mbere muri Nyakanga 2019.
Muri iyo nyandiko, Epstein ntiyagarukaga ku
gusezera gusa, ahubwo yanagaragazaga amagambo agaragaza agasuzuguro ku
bashinzwe umutekano ndetse n’abamukoragaho iperereza. Yanditse ati: “Murashaka
ko nkora iki, nturike nseke?” anavuga ko iperereza ryari rimaze igihe
rimukorwaho “ntacyo ryari ryamubonyeho.”
Kuki iyi baruwa yari yarahishwe?
Iyi baruwa bivugwa ko itigeze ishyirwa
ahagaragara mu iperereza rya mbere kuko yari yarafatiriwe nk’ikimenyetso mu
rubanza rufitanye isano n’abandi bari bafunganywe na Epstein. Kugeza ubu, hari
igitutu gikomeje ku nzego z’ubutabera gisaba ko iyi nyandiko ishyirwa
ahagaragara ku mugaragaro kugira ngo hamenyekane ukuri ku minsi ya nyuma
y’ubuzima bwe.
Iyi baruwa yongeye kugaruka mu gihe hari n’izindi nyandiko zigeze gusohoka
zivuye muri gereza nyuma y’urupfu rwe muri Kanama 2019. Muri izo, Epstein
yavugaga ku buzima bubi bwo muri gereza, aho yitotombaga imiterere y’ubuzima
yari abayemo, ibiryo bibi, ndetse n’uko yarumwaga n’udukoko nijoro.
Urupfu
rwa Jeffrey Epstein rukomeje kuzengurukwaho ibibazo byinshi, aho bamwe bakomeza
kuvuga ko yiyahuye, mu gihe abandi bagishidikanya, bavuga ko yaba yarishwe
kugira ngo amabanga yari afite ku bantu bakomeye atazajya hanze.
