Amerika: Akurikiranyweho kwica se amukuyemo umutima

Utuntu nutundi - 01/08/2026 1:30 PM
Share:

Umwanditsi:

Amerika: Akurikiranyweho kwica se amukuyemo umutima

Umugore w'Umunyamerika witwa Serena Dolnics, ufite imyaka 32, akurikiranyweho icyaha cyo kwica se, Gregory Dolnics w'imyaka 69, mu gikorwa giteye ubwoba cyabereye mu mujyi wa Valparaiso, muri Leta ya Indiana, ku wa 26 Nyakanga 2026, aho yamwishe amuteraguye ibyuma, akanamukuramo umutima.

Nk'uko inzego z'iperereza zibitangaza, polisi yageze mu rugo rw'uyu muryango nyuma y'uko abo mu muryango wa Gregory bamubuze ahantu hose, ndetse no kuri telefoni bakamubura, bagahita basaba ubutabazi.

Icyakora, mu gihe umwe mu bagize umuryango yaganiraga n'izego z’ubutabazi, yakiriye ubutumwa bw'umuntu wari umaze kubona umurambo wa Gregory mu nzu.

Abapolisi bageze aho byabereye basanze Gregory aryamye hasi hafi y'ibikoresho byo mu nzu byari byuzuye amaraso. Yari afite ibikomere byinshi by'ibyuma ku mutwe, mu maso, inyuma ku ijosi no ku biganza.

Icyateye benshi ubwoba ni uko umutima we wari wamukuwe mu gituza uri ku nda ye hejuru.

Inkuru dukesha ikinyamakuru Daily Mail ivuga ko, mu nzu hasanzwemo Serena Dolnics, wari wuzuye amaraso kandi afite ibikomere ku biganza.

Yabwiye abapolisi ko ibyo bikomere yabitewe no gukoresha imashini ikata ibyatsi mu busitani, ariko iperereza ryagaragaje ko nta busitani bwari muri urwo rugo, bituma ibisobanuro bye bishidikanywaho.

Mu ibazwa rye, Serena yabwiye abashinzwe iperereza ko yari afitanye umubano mwiza na se, nubwo ngo rimwe na rimwe bagiranaga ubushyamirane, ariko bahahita babikemura.

Isuzuma ry'umurambo ryakozwe n'abaganga ryemeje ko Gregory yishwe n'ibikomere byinshi byatewe n'icyuma, bityo urupfu rwe rwemezwa nk'urwatewe n’ubwicanyi.

Mu rugo hafatiwemo ibyuma bitatu byari bifite amaraso, bikaba biri mu bimenyetso biri gusesengurwa n'abashinzwe iperereza.

Serena Dolnics yatawe muri yombi n'itsinda ridasanzwe rya SWAT ahagana saa tatu n'iminota 45 z'ijoro, ahita aregwa icyaha cy'ubwicanyi.

Yitabye urukiko ahakana icyaha aregwa, agaragara yambaye imyambaro yihariye ihabwa imfungwa zishobora kwigirira nabi. Urukiko rwategetse ko akomeza gufungwa nta ngwate, mu gihe iperereza rikomeje gushakisha icyaba cyateye ubu bwicanyi.

Amakuru yagaragajwe n'inzego z'ubutabera agaragaza ko Serena yari asanzwe afite amateka y'ibyaha birimo gukoresha ibiyobyabwenge, gutwara ikinyabiziga yasinze ndetse o gusindira mu ruhame. Icyakora, kugeza ubu, abashinzwe iperereza ntibaratangaza impamvu nyayo yaba yarateye ubu bwicanyi bukomeje gutungura benshi muri Leta ya Indiana.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...