Ku
wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo hasohotse ibaruwa yasinyweho na Perezida
w’iyi kipe, Ngendahayo Vedaste ihagarika Mushimiyimana Eric wari umutoza mukuru
wayo, nyuma y’impungenge ubuyobozi bw’ikipe bwagejejweho n’abakinnyi.
Ubuyobozi bw’iyi kipe bwanatangaje ko uyu mutoza agiye gukorwaho iperereza ku butinganyi bumuvugwaho. Gusa uyu mutoza avuga ko yagambaniwe n’umukinnyi utarakinaga ndetse ko ubu yanigendeye ageze muri Zambia.
Nyuma
y’icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe yo mu karere ka Ruhango, abantu batandukanye
bagiye batanga ibitekerezo bitandukanye, aho Ambasaderi Olivier Nduhungirehe
yavuze ko uwahagaritse uyu mutoza ari we wari ukwiriye guhanwa.
Yagize
ati “Ubwo icyaha ashinjwa ni ikihe? Giteganywa n’iyihe ngingo y’amategeko
ahana? Uwahagaritse uyu mutoza ahubwo niwe wari ukwiye guhanwa, kuko
atubahirije ingingo ya 16 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ".
Amb.
Dr Diane Gashumba na we yunze mu rya Amb. Nduhungirehe, avuga ko bidasobanutse
kuko n’iyi baruwa banditse imuhagarika izo mpungenge z’abakinnyi zitigeze zigaragazwa.
Yagize
ati“Uwamuhagaritse yavanguye! Abakinnyi impungenge bagize ntiyanasobanuye izo
ari zo!"
Nyuma
hasohotse indi baruwa yasinyweho n’abakinnyi 10 b’iyi kipe, bayobowe na
kapiteni wayo, Siborugira Janvier, banditse bagaragaza ko uyu mutoza arengana
nta byo yigeze akorera abakinnyi.
Mu
mikino ibiri yari amaze gutoza harimo uwo yanganyije na Esperance FC ibitego
2-2 ndetse n’uwo yatsinzwemo na UR FC ibitego 2-1. Iyi kipe iri mu Itsinda C
rya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri hamwe na Vision FC, Espérance FC, UR FC na
Vision Jeunesse Nouvelle FC.
