Mu kiganiro
n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatatu, Chairman wa Ambassadors of Christ
Choir, Muvunyi Reuben yavuze ko korali yatangiye umurimo wayo mu gihe u Rwanda rwari rukiri mu
bihe bitoroshye, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Yavuze ko icyo gihe
igihugu cyari gifite ibikomere byinshi, abantu benshi barababaye ndetse hari
n’abari baratakaje icyizere, ku buryo no kujya mu nsengero byari bikigoranye kubera ibikomere bari bafite.
Ati: “Twatangiye uyu
murimo mu mwaka wa 1995, igihugu cyari kivuye mu icuraburindi rya Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994. Hari hakiri ibikomere byinshi, igihugu cyari
kidafite ibyiringiro, abantu bababaye cyane,”
Muvunyi Reuben yavuze ko muri
ibyo bihe, Ambassadors of Christ Choir yahisemo gukoresha umuziki nk’inzira yo
kwegera abantu no kubafasha kongera kugira icyizere.
Ati: “Abantu bakundaga
indirimbo kuko zomoraga imitima. Twahisemo kuririmba kugira ngo bibe inzira yo
kugera ku bantu batari bagisenga, batinyaga kujya mu nsengero kandi badafite
ibyiringiro, kugira ngo bongere bagire ibyiringiro.”
Yavuze ko iyo myaka ya
mbere itazibagirana, kuko hari aho korali yageraga kuririmba abantu bakagira
ihahamuka cyangwa abayirimo bagafungwa bitewe n’ibikomere byari bikiri bishya
muri sosiyete.
Impanuka ebyiri zasize
amateka akomeye
Ikindi gihe korali
itazibagirwa ni impanuka ebyiri zikomeye yahuye na zo mu rugendo rwo gukora
umurimo w’Imana.
Impanuka ya mbere yabaye
mu 1999, ubwo korali yari ivuye mu Ntara y’Iburasirazuba, aho yari yagiye mu
murimo w’Imana ku mugoroba wo ku Isabato. Imodoka bari barimo yagonganye
n’iy’abafana bari bavuye mu mikino ya CECAFA.
Iyo mpanuka
yakomerekeyemo abantu benshi bo muri korali, bituma bamara igihe kitari gito
bita ku bakomeretse ndetse banyura mu bihe bitoroshye.
Impanuka ya kabiri yabaye
mu 2011 muri Tanzania, ubwo korali yari ivuye mu ivugabutumwa. Urugendo rwari
rurerure, rufite intera igera ku birometero 1,200, ariko imodoka yabo yaje
kugongana n’ikamyo.
Iyi mpanuka yahitanye
abantu batatu bari bagize korali, abandi barakomereka.
Chairman wa Ambassador of
Christ Choir yashimiye Leta y’u Rwanda, by’umwihariko Perezida Paul Kagame, ku
bufasha bwahawe korali nyuma y’iyo mpanuka.
Yagize ati: “Icyo gihe
twitabaje Leta. Turayishimira cyane kuko yadutabaye. Nubwo iryo joro bitakunze,
ariko bucyeye baradutabaye. Turashimira Leta yacu, cyane cyane Perezida Kagame,
kuko yatanze itegeko ko dutabarwa.”
Imana yabanye natwe muri
byose
Nubwo ibi bihe byasize
ibikomere bikomeye, Chairman yavuze ko Ambassadors of Christ Choir ibifata
nk’ibimenyetso by’uko Imana yakomeje kubana na yo mu rugendo rw’imyaka 30.
Ati: “Icyo dushima ni uko
muri byose Imana yabanye natwe ikabiducishamo. Nyuma y’ibi byago Imana yaduteye
imbaraga, iduha igikundiro ndetse n’ubushobozi tutari dufite. Ku buryo uyu
munsi tuvuga ko korali y’icyo gihe atari yo y’uyu munsi, urebye intambwe tumaze
gutera.”
Yavuze ko muri iyi myaka
30, korali yiboneye ubufasha bw’Imana ndetse n’ubw’abantu batandukanye, harimo
Leta, itorero n’abagiraneza.
Yagize ati: “Ni ibihe
tutazibagirwa mu mateka yacu. Ni ibihe twaboneyemo Imana, gutabarwa n’Imana,
ndetse n’ineza y’abantu. Leta, itorero ndetse n’abagiraneza baradufashije
kugeza n’uyu munsi, kandi turacyakomeje gukataza dukora umurimo w’Imana. Abantu
barakizwa, barihana ndetse baranafashwa.”
Imyaka 30 izasozwa mu
gitaramo muri BK Arena
Ni igitaramo kizaba
tariki 30 Kanama 2026 muri BK Arena Ambassador of Christ Choir yizihiza imyaka 30
imaze mu murimo w’Imana
Iyi nsanganyamatsiko igaragaza uburyo iyi korali ibona urugendo rw’imyaka 30, aho ivuga ko nubwo yanyuze mu bihe bikomeye, impanuka, intimba n’ibindi bibazo, Imana yakomeje kuyiba hafi ndetse ikayifasha gukomeza umurimo wo kuririmba no kugeza ubutumwa bw’ihumure n’icyizere ku bantu.
Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura, amatike akaba aboneka kuri www.ticqet.rw cyangwa *513*1*1#

Ambassadors of Christ mu kiganiro n'abanyamakuru ku wa 25 Kanama 2026 muri BK Arena


Ambassadors of Christ igiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 30 mu gitaramo kizabera muri BK Arena

Imyiteguro y'igitaramo cya Ambassadors of Christ igeze kuri 95%
REBA IKIGANIRO AMBASSADORS OF CHRIST YAGIRANYE N'ABANYAMAKURU
