Ku
wa 21 Gashyantare 2026, Chorale Ambassador of Christ yakoreye igitaramo
gikomeye mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa mu rwego rwo kugeza ubutumwa bwiza bw’Imana
ahantu hse hashoboka.
Kuri
uyu wa gatandatu tariki 21 Werurwe 2026, Ambassadors of Christ basuye ikigo
ngororamuco cya Gitagata bahakorera igitaramo cyakirijwemo benshi mu
bigishirizwa muri iki kigo ngororamuco.
Uretse
kubwiriza ijambo ry’Imana binyuze mu kuririmba, Ambassadors of Christ yageneye abigishirizwa
muri icyo kigo impano zirimo Bibiliya, imyambaro, ibikoresho by’isuku kugira
ngo Roho nzima izature mu mubiri muzima.
Umuririmbyi
wa Chorale Ambassadors of Christ, Manzi Nelson yavuze ko impamvu nyamukuru yo
kugaragara muri ibi bikorwa ari mu rwego rwo kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka
30 mu mwuga w’ivugabutumwa.
Yagize
ati “Impamvu nyamukuru ni uburyo bwo gutegura yubile y’iymyaka 30 iyi korali
imaze mu ivugabutumwa. Hari ibyatambutse mwagiye mukurikirana, hari igikorwa
cyabaye uyu munsi ndetse hari n’ibindi bizakurikira mbere y’uko tariki
23/08/2026 igera kugira ngo twizihize yubile y’imyaka 30.”
Mu
gutegura uwo munsi mukuru wabo, Chorale Ambassador yatangiye itera ibiyti mu
karere ka Gasabo, ikomereza kuvuga ubutumwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa aho
ubu bakomereje mu kigo ngororamuco cya Gitagata.
Ubusanzwe muri iki kigo giherereye mu Kagari ka Gitagata mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, hagororerwa abagore n’abakobwa baba barabaswe n’ingeso mbi zitandukanye zirimo ubuzererezi, gukoresha ibiyobyabwenge bitandukanye birimo urumogi ndetse na mugo, uburaya hamwe n’indi myitwarire idahwitse.
Chorale Ambassadors of Christ yataramiye mu kigo ngororamuco cya Gitagata
Benshi mu bigishirizwa muri iki kigo bakiriye agakiza bemera guhinduka ndetse barasengerwa
Chorale Ambassadors of Christ bashyikirijwe impano
Ambassadors of Christ bakomeje ibikorwa byabo byo kwitegura isabukuru y'imyaka 30
Pamella wigishirijwe muri iki kigo cya Gitagata, yasabye abari kuhigishirizwa ubu kwemera no guhinduka
