Amazi si ya yandi! Bizagenda bite ku muhanzi uzananirwa kwishyura inguzanyo za BKreative?

Imyidagaduro - 17/05/2026 5:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Amazi si ya yandi! Bizagenda bite ku muhanzi uzananirwa kwishyura inguzanyo za BKreative?

Mu gihe gahunda ya BKreative yatangizwaga, benshi mu bahanzi n’abakurikiranira hafi imyidagaduro bayakiriye nk’igisubizo cy’igihe kirekire ku kibazo cy’amikoro make cyakunze kuvugwa mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Hari ababonaga ko ari amahirwe mashya azafasha abahanzi kubona ubushobozi bwo gukora imishinga minini, gutunganya ibikorwa byabo no kwinjira mu rwego rw’ubucuruzi bukomeye.

Icyakora, uko iminsi ishira indi igataha, ni nako hari bamwe mu bahanzi batangiye kugaragaza impungenge ku buryo iyi gahunda iri gushyirwa mu bikorwa, ndetse bamwe bakavuga ko ibyo babwiwe bitandukanye n’ibyo bari guhura na byo mu busabe bw’inguzanyo.

Ibi byatangiye gufata intera nyuma y’ubutumwa bwatanzwe n’umuhanzi Uncle Austin, wavuze ko kugeza ubu ataremera neza niba BKreative iri gukora nk’uko byatangajwe igihe yatangizwaga.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Uncle Austin yavuze ko ibyo amaze kumva ku bahanzi bagerageje gusaba iyi nguzanyo byatumye ayibonamo nk’ikintu cyamamazwaga cyane kurusha uko gikoreshwa mu buryo bufatika. 

Yagize ati: “BK na 'Product' yabo ya BKreative nimba atari PR bakoraga tuzabibona. Kuko kugeza ubu yari ifoto.”

Yavuze ko hari abantu batandukanye amaze kuganira na bo bamubwiye ko bagerageje gusaba inguzanyo ariko ntibayihabwe, ibintu byatumye nawe atangira kuyishidikanyaho. Ati: “Feedback z’abagerageje maze kumva ni zo zatumye numva ari amafoto. Cyakoze nzatangira nanjye ubwanjye.”

Aya magambo yahise akurura impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko hari ikibazo cy’itumanaho ritanoze hagati y’abahanzi n’abateguye gahunda, abandi bibaza niba koko ibisabwa kugira ngo umuntu abone iyi nguzanyo bihuye n’ubuzima bw’abahanzi benshi.

Mu batangiye kubigarukaho harimo n’umuraperi Diez Dolla, wavuze ko nawe yigeze gusaba iyi nguzanyo ariko akayimwa.

Mu kiganiro yagiranye na shene ya RUA, yavuze ko ibyamubayeho byatumye atangira kwibaza niba hari abahanzi bayibonye koko.

Yagize ati “Inguzanyo narayisabye ariko barayinyimye. Ntabwo ari uko bayitunganya, kandi nari nayisabye. Hari umuhanzi uzi bayihaye? Urasaba ariko ntabwo bari kuzitanga.”

Diez Dolla yavuze ko imwe mu mbogamizi yahuye na zo ari ikibazo cy’ingwate, ibintu byahise bituma benshi bibaza niba koko BKreative itanga inguzanyo “nta ngwate”, nk’uko byasobanuwe igihe iyi gahunda yatangizwaga.

Mu gihe ibi byose byari bikomeje kugibwaho impaka, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yasabye abantu kudahita bacira urubanza gahunda itararangira.

Asubiza Uncle Austin, yavuze ko uburyo bwiza bwo gusobanukirwa ikibazo ari uko nawe yagerageza gusaba iyi nguzanyo hanyuma akatanga ibitekerezo by’ukuri ku byo yabonye.

Yagize ati: “Ukeneye kubitangira. Njye ukambwira amananiza arimo tukayakosora. Si byiza na gato kuvuma iritararenga. Try and give us candid feedback.”

Yanabwiye Diez Dolla ko ashobora kwegera ishami rya Minisiteri rifasha urubyiruko n’abahanzi mu bikorwa by’ubucuruzi kugira ngo bamufashe gusobanukirwa neza ibisabwa.

Nubwo hari abahanzi bavuga ko kubona iyi nguzanyo bikigoranye, ubuyobozi bwa Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi bwo buvuga ko ikibazo gikomeye kiri mu kumva neza inshingano zijyana no gufata inguzanyo.

Umuyobozi Mukuru ushinzwe kubakira urubyiruko ubushobozi muri iyi Minisiteri, Tetero Solange, yavuze ko koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo bitavuze gutanga amafaranga ku buntu.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, yavuze ko abahanzi n’urubyiruko bakwiye kumva ko amafaranga bahabwa aba agomba kwishyurwa, kandi ko kutayishyura bigira ingaruka zikomeye.

Yagize ati: “Tuvuze ngo guhabwa inguzanyo bizaba byoroshye, twaba tugiye kuroha urubyiruko n’abahanzi. Ntabwo wakoroshya inguzanyo byaba ari nko gutanga amafaranga ku buntu.”

Yakomeje asobanura ko nubwo hari inguzanyo zivugwa ko zitagusaba ingwate ikomeye, hari icyo yise “Personal Grant”, aho umuntu ubwe aba ari ingwate y’amafaranga yahawe.

Ati: “Nubwo tuvuga ko nta ngwate yihariye urubyiruko n’abahanzi bazasabwa, basabwa icyo bita ‘Personal Grant’, ni ukuvuga ngo wowe uba uri ingwate. Iyo utishyuye amafaranga ujya muri CRB. Iyo ugiye muri CRB ntabwo uba ushobora kongera kubona inguzanyo muri Banki iyo ari yo yose."

Tetero yavuze kandi ko kutishyura bishobora kugira izindi ngaruka zirimo no kutabasha kubona serivisi zimwe na zimwe zirimo pasiporo. Ati: “Nta n’ubwo uba ushobora kubona Passport ngo usohoke igihugu utarama kwishyura ya nguzanyo.”

Uyu muyobozi yanagarutse ku ngingo y’ingwate, avuga ko nubwo byorohejwe, hari uruhare rugisabwa usaba inguzanyo.

Yatanze urugero rw’umuntu ushaka Miliyoni 10 Frw, ashobora gusabwa ingwate ya Miliyoni 1 Frw. Ati “Ushobora gufata ya Miliyoni 1 Frw ukayashyira kuri konti yawe ukayatanga nk’ingwate. Urubyiruko benshi usanga batunze Smart Phone ya iPhone igura nka Miliyoni 1.7 Frw, iyo nayo ni ingwate.”

Ibi bituma hari abibaza niba koko uburyo BKreative yatangajwe mu ntangiriro ari bwo buri gushyirwa mu bikorwa ubu, cyane cyane ku bahanzi benshi badafite umutungo uhamye cyangwa ibikorwa by’ubucuruzi byanditse neza.

Hari abavuga ko ikibazo gishobora kuba kiri mu myumvire bamwe bafite ku nguzanyo, aho bamwe baba batekereza ko ari amafaranga yoroshye adasaba ibisobanuro byinshi cyangwa gahunda y’uburyo azishyurwa.

Abandi bo bavuga ko hakiri ikibazo cy’itumanaho, kuko hari abahanzi bavuga ko batazi neza ibisabwa, uburyo bwo gusaba cyangwa impamvu nyakuri zituma bamwe bayemererwa abandi bakayimwa.

Icyakora, uko impaka zikomeje gufata intera, ni nako benshi mu bakurikiranira hafi imyidagaduro bavuga ko igihe ari cyo kizatanga igisubizo nyacyo ku mikorere ya BKreative.

Hari abacyizera ko ishobora guhindura ubuzima bw’abahanzi nyarwanda no kubafasha kuva ku rwego rwo gukora umuziki nk’impano gusa bakawinjizamo ubucuruzi bufatika.

Ku rundi ruhande ariko, hari abavuga ko niba ibisabwa bizakomeza kuba biremereye bamwe mu bahanzi bato cyangwa abataragira ibikorwa bifatika byanditse, iyi gahunda ishobora gusigara ikoreshwa n’abafite ubushobozi gusa, aho kuba igisubizo rusange ku ruganda rw’imyidagaduro.

Kugeza ubu, impaka zirakomeje. Bamwe bavuga ko BKreative ari amahirwe akomeye igihugu cyatekereje ku bahanzi, abandi bakavuga ko hakiri urujijo rwinshi rutuma benshi bibaza niba koko iyi gahunda izagera ku ntego yatangiranye na yo.

Abahanzi bakomeje kwibaza niba BKreative iri gutanga inguzanyo nk’uko byatangajwe, nyuma y’uko bamwe bavuga ko bazisabye ariko ntibazihabwe


Tetero Solange yavuze ko inguzanyo za BKreative atari amafaranga y’ubuntu, ashimangira ko utazishyura ashobora kujya muri CRB/ Credit Reference Bureau. Ni urwego rubika amakuru ajyanye n’imyenda n’inguzanyo abantu cyangwa ibigo bafata muri banki n’ibigo by’imari, harimo niba bishyura neza cyangwa batishyura ku gihe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...