Uyu
musore watangiye urugendo rwe mu muziki yibanda ku bukwe, avuga ko amaze
kuririmba mu bukwe burenga 500, igikorwa yemeza ko kigaragaza ko adacika intege
ndetse akomeza gukorera ku nzozi ze.
Yabwiye
InyaRwanda ati “Ntabwo nacitse intege, kuko ndi umwe mu bahanzi bakorana akazi,
maze kubwira abantu ko kuva muri 2019 kugeza ubu maze kuririmba mu bukwe
burenga 500,”
N’ubwo
afite ibikorwa byinshi, avuga ko atabonerwa umwanya uhagije mu itangazamakuru. Yvanny
Mpano yavuze ko n’ubwo yagerageje kugeza indirimbo ze kuri Radio n’ahandi,
akenshi amaso ye ahera mu kirere, kandi indirimbo ze zikajya zicurangwaho
iminsi mike gusa.
Avuga
ati “Hari umuntu muhura akakubwira ngo nta kintu uheruka, ko wabuze kandi
wasohoye indirimbo ukibaza ngo ese bimeze gute? Gusa ibyanjye mba nabikoze,
gusa ibitangazamakuru ugusanga ibihangano byanjye ntibabigeza ku bantu.
Ntekereza ko n’abo baba bafitemo ikibazo, kuko 'Promotion' mba nayikoze,
ibihangano byanjye nagerageje kubigeza hirya no hino,”
Yongeraho
ko yagerageje n’uburyo bwo kwishyura kugirango indirimbo ze zicurangwe, ariko
n’ubwo yakoresheje amafaranga agera ku 200,000 Frw, abona ko ibitangazamakuru
bimwe bidahagije mu gushyigikira umuziki we.
Ati:
“Hari ahantu nagiye nohereza indirimbo ariko nkayumva iminsi ibiri gusa [...].
Nagiye numva Radio n'ubwo utazumva zose. Nemera ko nkora indirimbo nziza n'ubwo
ntashobora kubanguka, ariko igihe nkoreye indirimbo nkora indirimbo nziza.
Simbarenganya, ariko bagerageze basunike indirimbo zanjye.”
N’ubwo
atarashyirwa imbere n’itangazamakuru, Yvanny Mpano ashimangira ko urugendo rwe
rutazahagarara, kuko kumurika impano ye mu bukwe byamufashije kugera ku ntego
z’ibanze.
Uyu musore aracyakora cyane ku guhuza impano n’akazi, kandi avuga ko aharanira ko izina rye ryamenyekana mu gihugu, nubwo inzira zo gukomeza kwigaragaza mu itangazamakuru zitaroroshye.

Yvanny
Mpano amaze kuririmba mu bukwe burenga 500, ariko aracyibaza impamvu ibihangano
bye bidacurangwa mu itangazamakuru


Yvanny
Mpano ntiyacitse intege n’iyo itangazamakuru ritamushyigikira. Ati ‘Promotion
nayikoze, ariko indirimbo zanjye ntizigera ku bantu bihagije
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA YVANNY MPANO
