Uyu
muhanzi umaze igihe akora ibiganiro binyura kuri shene ye ya YouTube yitwa
‘Yago TV Show’, aherutse kugaruka ku bihe bikomeye yanyuzemo ubwo yari
agitangira ibikorwa bye bwite, avuga ko hari abantu batigeze bishimira ibyo
yakoraga kugeza n’aho ngo bategura umugambi wo kumuhitana.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Yago yavuze ko yifashishije uburyo bwa
internet bwa RIB atanga ikirego, agaragaza abantu batatu asaba ko bakorwaho
iperereza ku byo yise umugambi wo kumwica.
Yagize
ati: “Natanze ikirego ndega abantu bagaragaye mu mugambi wo gushaka kunyica,
kuko hari abatangabuhamya bavuga ko bakoreshejwe, bahawe amafaranga kugira ngo
baze iwanjye batera amabuye, ndetse banaha amarozi umukozi wanjye ngo abushyire
mu biryo.”
Yago
avuga ko umwe mu batangabuhamya yishingikirijeho ari Izabayo Rabani, uwo avuga
ko yamwandikiye amubwira ko umutimanama wamuremereye agahitamo kuvuga ibyo yari
azi ku mugambi wari waracuzwe.
Nk’uko
Yago abivuga, Rabani yamumenyesheje ko yari mu bantu bahawe amafaranga kugira
ngo bagire uruhare mu mugambi wo kumugirira nabi, ndetse ko ayo mafaranga
yatanzwe n’abo Yago yagaragaje mu kirego cye, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi
nka Djihad, Fatakumavuta na Dj Brianne.
Yago
ati: “Izabayo yaranyandikiye ambwira ko ari mu bantu bahawe amafaranga yo
kunyica. Icyo nibaza ni impamvu bampigaga, icyo nabakoreye n’icyo bashakaga
kugeraho.”
Uyu
muhanzi yavuze ko nyuma yo kubona ayo makuru yahise yandikira RIB ayisaba
gukora iperereza kuri icyo yise icyaha gikomeye cy’ubwicanyi cyari kigambiriwe.
Ati:
“Nanditse ikirego menyesha RIB, nsaba ko hakorwa iperereza kuri aba bantu
bavugwa muri uwo mugambi. Ikirego naracyohereje kandi hashize icyumweru
cyoherejwe.”
Yago
Pon Dat avuga ko impamvu amaze imyaka ibiri aba muri Uganda ari uko yumvaga
umutekano we utizewe nyuma yo kumenya ayo makuru.
Yavuze
kandi ko yiteguye kwitaba urwego urwo ari rwo rwose rwamuhamagara mu gihe hari
umuntu ufite icyo amushinja cyangwa hakenewe ibisobanuro ku byo yavuze.
Yibukije
ko no mu bihe byashize yigeze kwitaba RIB nyuma y’ikirego yari yarezwe kijyanye
n’amashusho y’ubwambure bw’umugore umwe, ariko ngo iperereza ryakozwe
rikagaragaza ko nta bimenyetso byamushinjaga byari muri telefoni ye.
Uretse
ibyo, Yago yavuze ko aherutse kubona undi mutangabuhamya umubwira ko hari
n’umugambi wari warateguwe wo gutwika inzu yabagamo i Kagugu.
Yasoje
asaba inzego zibishinzwe gukora iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane
ukuri ku byo avuga.
Ku
ruhande rw’abavugwa muri iki kirego, Dj Brianne aherutse gutangaza ko ibyo Yago
Pon Dat amushinja nta shingiro bifite.
Mu
kiganiro cyanyuze ku muyoboro we wa YouTube, Dj Brianne yavuze ko atagifitanye
umubano na Yago kandi ko atumva impamvu akomeje kumuhuza n’ibibazo bye.
Yagize
ati: “Ikuremo ko njye nawe nta kintu na kimwe kikiduhuza. Uraza ukavuga ibintu
udahagazeho. Aho bigeze mba numva nkufitiye impuhwe. Yajyanwe n’amakosa ye.
Wahunze iki?”.

Yago
Pon Dat yatangaje ko yatanze ikirego muri RIB arega abantu batatu, ashinja
kugira uruhare mu bwicanyi bwari bugambiriwe

Yago
Pon Dat avuga ko afite ubuhamya bw’abantu banyuranye bari mu mugambi wo
kumuhitana
Dj Brianne aherutse gusubiza Yago Pon Dat ko yitandukanyije nawe, ndetse ko ibyo amushinja ari ibinyoma
