Amaze gukina muri 'episode' zirenga 3,000: Urugendo rwa Ben umaze myaka 22 muri Cinema (VIDEO)

Imyidagaduro - 21/07/2026 11:16 AM
Share:

Umwanditsi:

Amaze gukina muri 'episode' zirenga 3,000: Urugendo rwa Ben umaze myaka 22 muri Cinema (VIDEO)

Mu ruganda rwa Cinema nyarwanda, hari amazina yubatswe n'impano, andi yubakwa n'igihe, ariko hari n'ay’ubakwa n'umuhate udacogora. Ben Rurangirwa uri mu bakinnyi ba filime bamaze igihe kinini muri uyu mwuga, ni umwe mu bagaragaza neza ko gukunda icyo ukora no kukiha umwanya bishobora kukugeza kure.

Uyu mukinnyi umaze imyaka 22 akora Cinema, avuga ko iyo yicaye akareba urugendo amaze gukora, hari igihe na we ubwe atungurwa n'urwego agezeho.

Mu myaka mike ishize, by'umwihariko kuva mu gihe cya Covid-19 kugeza ubu, amaze gukina muri Episode zirenga 3,000 za filime z'uruhererekane, ibintu abona nk'ikimenyetso cy'umuhate yashyize mu mwuga.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Ben yavuze ko abaruye neza ibikorwa yakoze asanga amaze kugaragara muri Episode zigera kuri 3,450 za filime zitambuka kuri YouTube no kuri Televiziyo.

Ati: "Episode za filime z'uruhererekane, izo kuri YouTube ndetse no kuri Televiziyo nibura mpaze kugaragara muri filime 3,450. Filime z'uruhererekane zo urazibara uhereye mu gihe cya Covid-19 kugeza ubu."

Ni imibare igaragaza ubwinshi bw'akazi yakoze mu gihe gito, ndetse ikamushyira mu bakinnyi ba filime bafite ibikorwa byinshi muri Cinema nyarwanda.

Urugendo rwa Ben muri Cinema rwatangiye kera. Mu 2004 yagaragaye muri filime mpuzamahanga 'Sometimes in April', imwe mu zakorewe mu Rwanda zikagaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nyuma y'iyo filime yakomeje guhuza amasomo ya Kaminuza no gukina, agaragara no mu yindi mishinga irimo 'Romeo and Juliet', mbere y'uko yinjira cyane mu bihe bya filime zitambuka kuri YouTube, ubu bimaze kuba isoko rikomeye rya Cinema nyarwanda.

Mu myaka yashize, Ben yagiye agaragara muri filime nyinshi zakunzwe n'abakunzi ba Cinema zirimo 'Mindset', 'The Hustler' yo mu 2019, 'Choices', 'Impanga', 'Isi Dutuye', 'Ibihe n'Abantu', 'Umuturanyi', 'Icyaremye Gishya', 'My Heart', 'Urugo Rwanjye', 'My Daughter', 'My Husband', 'Igihome', 'Isezerano ry'Ikinyoma', 'Kure y'Urukundo', 'Inzigo', 'Inzira y'Umusaraba' n'izindi nyinshi.

Ntabwo ibikorwa bye byagarukiye mu Rwanda gusa. Yanakinnye muri filime zo hanze zirimo 'Miss of the Nile', 'Fight Like a Girl' na 'Queen Suno', mu gihe avuga ko muri rusange amaze gukina muri filime zirenga 30 zakorewe mu Rwanda.

Nubwo ibikorwa bye ari byinshi, Ben avuga ko hari igiciro bisaba kugira ngo umuntu akomeze kuba ku rwego rwifuzwa. Yemeza ko hari iminsi akora kuri filime eshatu zitandukanye mu munsi umwe, ibintu bisaba imbaraga nyinshi n'ubwitange. Ati: "Hari nk'igihe nkora kuri filime eshatu ku munsi umwe."

Iyo abajijwe ibanga rimufasha gukomeza gukora uwo murimo ataruhuka, asubiza ko byose bishingiye ku rukundo akunda Cinema ndetse n'icyo yise "umujinya" wo guhora ashaka gukora ibirenze ibyo abantu batekereza ko ashoboye.

Ati: "Ahanini bituruka ku rukundo rwa Cinema n'umujinya. Ngira umujinya iyo mbona hari ibyo mbasha gukora bitari gukorwa neza, ngira umujinya iyo hari umuntu umbwiye ngo ibi bintu sinabishobora."

Icyo cyifuzo cyo guhora yiteza imbere ni na cyo cyatumye atagarukira ku gukina gusa. Mu rugendo rwe, yakoze imirimo itandukanye irimo gutunganya amajwi ya filime, kungiriza abayobora filime ndetse no kwandika inkuru za filime. Gusa, avuga ko gukina ari byo yahisemo gushyira imbere nk'umwuga wamutwaye umutima.

Hari n'inkuru yihariye iri inyuma y'izina "Ben" benshi bamuziho. Asobanura ko yatangiye gukina yitwa Christian, ariko aza gukina muri filime bamwita Ben. Iryo zina ryahise rifata indi ntera, ritangira kumenyekana kurusha irindi kugeza ubwo ryabaye ikimenyetso cye muri Cinema.

Kuba ari na ryo zina rye bwite, ngo byarushijeho kumworohera, kuko ari ryo ryamuherekeje mu rugendo rw'ubuzima ndetse n'urwo kubaka izina muri Cinema nyarwanda.

Uyu munsi, imyaka 22 nyuma yo gutangira gukina, Ben Rurangirwa akomeje kuba umwe mu bakinnyi bagaragaza ko kubaka amateka muri Cinema bidaterwa n'igihe umuntu amaze agaragara gusa, ahubwo bishingira ku mubare w'ibikorwa, ubwitange ndetse no gukomeza guha agaciro umwuga yahisemo.

Kugeza ubu, Episode zirenga 3,000 amaze gukina zigaragaza neza uburemere bw'uruhare rwe mu iterambere rya Cinema nyarwanda.


Ben Rurangirwa yatangaje ko imyaka 22 ishize muri Cinema yishimira ko yakinnye muri filime z’imbere mu gihugu ndetse no hanze y’Igihugu


Ben yavuze ko mu gihe cya Covid-19 kugeza ubu ari bwo yagaragaye muri filime nyinshi, kugeza ubwo abara ‘Episode’ zirenga 3,000 yakinnyemo


Ben yavuze ko urukundo rwa Cinema ari rwo rutumye amaze imyaka 22 muri Cinema


Ben avuga ko ari gukora filime ze bwite, ndetse yanashyize imbaraga mu kuyobora filime

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIROCYIHARIYE TWAGIRANYE NA BEN


VIDEO: Dox Visual/ InyaRwanda


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...