Amavubi yari amaze iminsi ibiri muri Morocco yitegura imikino mpuzamahanga ya FIFA
yagombaga kuyahuza na Comores ku wa 6 Kamena ndetse na Tanzania ku wa 9 Kamena
2026. Iyi mikino yari imwe mu yo gukomeza gufasha ikipe kwitegura imikino yo
gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na FERWAFA, ryemeje ko
iyi mikino itakibaye nyuma y’ubutumwa bwatanzwe n’inzego z’umupira w’amaguru
muri Maroc zigaragaza ko itagishoboka kubera impamvu z’umutekano.
FERWAFA yavuze ko yubahirije icyemezo cyafashwe
n’inzego zibishinzwe, ishimangira ko gahunda yo kwitegura imikino iri imbere
idahindutse. Ni muri urwo rwego umwiherero w’Amavubi wahise wimurirwa i Cairo
mu Misiri, aho uzakomereza kuva kuri uyu wa Kane kugeza ku wa 11 Kamena 2026.
Ku ruhande rwa Tanzania, Ishyirahamwe ry’Umupira
w’Amaguru muri icyo gihugu (TFF) ryatangaje ko imikino ibiri ya Taifa Stars
yari iteganyijwe gukinirwa muri Maroc yamaze guhagarikwa kubera ingamba zafashwe
n’inzego z’ubuzima muri icyo gihugu mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira
ry’icyorezo cya Ebola.
Uretse u Rwanda na Tanzania, ibindi bihugu birimo u
Burundi na Uganda na byo byemeje ko imikino ya gicuti byari bifite muri Maroc
itakibaye.

