Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yisanze mu itsinda rya mbere mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika

Imikino - 31/10/2025 4:29 PM
Share:

Umwanditsi:

Amavubi y’abatarengeje imyaka 17  yisanze mu itsinda rya mbere mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, y’Abatarengeje imyaka 17 yisanze mu Itsinda A ry'imikino y’amakipe yo mu karere ka Afurika yo hagati n’iy’Iburasirazuba, CECAFA, izatanga amakipe ajya mu gikombe cya Afurika (CAF U17 AFCON CECAFA Region Qualifiers).

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Ukwakira 2025 muri studio za Televiziyo y'Ishyirahamwe rya Ruhago muri Uganda (FUFA) ni bwo habaye iyi tombora.

Mu itsinda A, Amavubi U 17 yisanze ari kumwe na na Ethiopia, Kenya, Somalia na Sudani y'Epfo. 

Buri tsinda rigizwe n'amakipe atanu, aho Ethiopia izakira irushanwa ndetse na Uganda ibitse igikombe giheruka ari yo yagombaga kuyobora amatsinda muri tombola.

Itsinda B ryo rigizwe na Uganda, Tanzania, Djibouti, Sudani n'u Burundi.

Muri iyi mikikino ya CAF U17 AFCON CECAFA Region Qualifiers izabera muri Ethiopia kuva tariki ya 15 Ugushyingo kugeza tariki 2 Ukuboza 2025,amakipe abiri azaba aya mbere muri buri tsinda ni yo azagera muri 1/2 cy'iri rushanwa.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda,Amavubi yatangiye kwitegura iyi mikino ndetse hashize ukwezi kurenga ikora imyitozo aho irangajwe imbere n'Umutoza Cassa Mbungo André.


Amavubi U 17 yisanze mu itsinda A mu gushaka itike y'Igikombe cya Afurika 



Amavubi y'abatarengeje imyaka 17 akomeje imyiteguro 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...