Amatora muri USA: Biden azageza 86 ari Perezida cyangwa Trump yisubize intebe

Inkuru zishyushye - 16/03/2024 5:18 PM
Share:
Amatora muri USA: Biden azageza 86 ari Perezida cyangwa Trump yisubize intebe

Gahunda iganisha ku matora ya 60 irakomeje muri Amerika ndetse Joe Biden na Donald Trump nibo bakomeje kugarukwaho na cyane ko ari amateka kuba abicaye ku ntebe y’icyubahiro bongera guhatana, ibintu bizaba bibaye ku nshuro ya karindwi mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Amatora ya 2024 muri Leta Zunze Ubumwe z Amerika azaba abayeho ku nshuro ya 60 mu mateka y’iki gihugu. Byitezwe ko azaba kuwa 05 Ugushyingo 2024.

Hazatorwa Perezida na Visi Perezida bazayobora muri manda y’imyaka ine, bakaba bazasimbura Joe Biden na we uhabwa amahirwe yuko yakongera kwiyamamaza akanegukana uyu mwanya ku nshuro ya Kabiri.

Ku rundi ruhande Donald Trump yiteguye kongera guhagararira ishyaka ry'aba Republican ngo arebe ko yakongera gusubira muri White House.

Ni ku nshuro ya 7 abantu bose babayeho aba Perezida ba Amerika bahurira mu matora. Kuri ubu abagiye kwandika ayo mateka ni Joe Biden na Donald Trump. Ni nyuma y’imyaka 68 kuko byaherukaga kuba mu 1956.

Donald Trump atsinze amatora, yaba abaye uwa 2 ubashije gusubirana intebe yari yarayivuyeho mu mateka y’Amerika kuko uwa mbere yari Grover Cleverland.

Byitezwe ko uzegukana aya matora azarahira kuwa 20 Mutarama 2025. 

Aya matora akaba yihariye ku ruhande rwa Robert F Kennedy Jr ukomoka mu miryango y’abanyapolitike banapfiriye ku ntebe y'ubuyobozi. Icyihariye ni uko yivanye mu ishyaka ry'aba Demokarate yakuriyemo, akemeza ko aziyamamaza nk’umukandida wigenga.

Uyu mugabo yanatangaje ko yamaze guhitamo uzamubera Visi Perezida igihe azaba yegukanye umwanya w’umukuru w’igihugu ndetse mu mpera za Werurwe 2024 ni bwo azamutangaza.

Bimwe mu bigenderwaho mu kwemeza umukandida harimo ko agomba kuba afite byibuze imyaka 35 y'amavuko, akaba yaravukiye muri Amerika kandi amaze byibuze imyaka 14 ahatuye.

Nta muntu wemerewe gutorerwa manda zirenze ebyiri ku mwanya wa Perezida wa Amerika, yaba zikurikiranye cyangwa zidakurikiranye.

Donald Trump agiye kwiyamamaza mu gihe muri Leta zimwe na zimwe batumva ukuntu umuntu wanze ibyavuye mu matora muri 2020 akanateza imyigaragambyo, yakongera kwemererwa kwiyamamaza.

Izo Leta ziri kumwibazaho cyane harimo Colorado na Ilinois, gusa na none bishingiye ku Itegeko Nshinga na Leta yemerewe gufata imyanzuro, byatumye akomorerwa gukomeza urugendo.

Trump agiye kwiyamamaza ari muri bombori bombori z’amafaranga menshi yishyuye indaya mu buryo budakurikije amategeko ndetse aranashijwa kutubaha igitsinagore.

Ku rundi ruhande Joe Biden agiye kwiyamamaza ari kwinjira mu mwaka wa 82, bivuze ko yazasoza manda afite imyaka 86. Muri manda ya mbere yagiye agaragaza imbaraga nke mu buryo bumwe n’ubundi harimo no kugwa hasi cyangwa gusinzira.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...