Iki
gitaramo cyitezweho kuzaba kimwe mu bikorwa bikomeye by’iri torero, kigaruka ku
muco, ubusabane, ubumwe bw’Abanyarwanda, ndetse n’uruhare rw’urubyiruko mu
kubaka igihugu.
Amatike
y’iki gitaramo yashyizwe mu byiciro bine, aho abifuza kugura mbere y’umunsi
w’igitaramo (Early Bird) bafite amahirwe yo kugura ku giciro cyo hasi.
Mu
byiciro bya Early Bird: “Uruyange”: 10,000 Frw, “Ibirezi”: 20,000 Frw
Ku
munsi w’igitaramo (On Gate), ibiciro bizahinduka ku buryo bukurikira: “Uruyange”:
15,000 Frw, “Ibirezi”: 25,000 Frw. “Amasonga”: 30,000 Frw, “Abatarutwa”
(ameza): 250,000 Frw. Kanda *669*2812# ubashe kugura iyawe hakiri kare.
Abategura
igitaramo bavuga ko ibi byiciro bigamije gufasha abantu batandukanye kubona
uburyo bwo kwitabira, uhereye ku rubyiruko kugeza ku bashaka uburambe bwihariye
ku meza y’icyubahiro.
Umuyobozi
w’Itorero Intayoberana, Kayigemera Sangwa Aline, yavuze ko bahisemo iri zina ‘Gira
u Rwanda’ kubera ubutumwa rifite bwo kwifuriza u Rwanda n’Abanyarwanda ibyiza.
Yagize
ati “Igitaramo cyitwa ‘Gira u Rwanda’ kuko ari indamukanyo nziza twifuriza
Umunyarwanda wese ndetse n’abarukunda. Dufite Imana n’u Rwanda! Ugira Imana
agira amahoro nkayo dufite, ugira Imana agira Igihugu.”
Yakomeje
asobanura ko iki gitaramo kigamije gusigasira umuco Nyarwanda, kuwuteza imbere
no kuwimakaza, binyuze mu buhanzi n’imbyino gakondo.
Ubuyobozi
bw’Itorero Intayoberana buvuga ko iki gitaramo gifite intego ebyiri z’ingenzi:
Icya
mbere ni ugukomeza gusigasira no kwimakaza umuco Nyarwanda nk’uko biri mu
nshingano zabo nk’itorero ribumbatiye umuco.
Icya
kabiri ni ugushishikariza urubyiruko gukora cyane, kudacika intege no gutinyuka
guharanira ejo hazaza heza, kuko ibyiza byose bisaba imbaraga n’ubushake bwo
kubigeraho.
Iki
gitaramo “Gira u Rwanda” ni icya karindwi Itorero Intayoberana riteguye, bikaba
bigaragaza ubunararibonye bwabo mu gutegura ibikorwa bikomeye by’umuco.
Abategura
bavuga ko abazakitabira bazabona igitaramo kirimo udushya twinshi, imbyino
z’umwimerere, indirimbo z’umuco gakondo, ndetse n’ibindi bikorwa bikumbuwe
n’abakunzi b’umuco Nyarwanda.
Igitaramo
kizabera mu ihema rinini rya Kigali Serena Hotel, kikaba cyitezweho kuzaba
kimwe mu bitaramo bizaba byitabiriwe cyane muri uyu mwaka.
KANDA HANO UBASHE KUGURA ITIKE YO KWINJIRA MU GITARAMO ‘GIRA U RWANDA’

Itorero Intayoberana rizwi cyane mu guteza imbere umuco Nyarwanda ryatangaje ko ryashyize ku isoko amatike y'igitaramo cyabo "Gira u Rwanda"
“Gira u Rwanda” ni igitaramo cya 7 Itorero Intayoberana ritegura, kikaba kigamije gusigasira umuco Nyarwanda no gushishikariza urubyiruko gukora cyane no kudacika intege mu rugendo rwo kubaka ejo hazaza heza

Ubuhanga bw’ababyinnyi b’Itorero Intayoberana bushingiye ku mbaraga, ubuhuzabikorwa n’umwimerere w’imbyino gakondo, bikabatera kugaragara nk’abahanga mu kubyina no gusigasira umuco Nyarwanda ku rwego rwo hejuru

Intayoberana izwiho ababyinnyi bafite ubuhanga budasanzwe, aho bahuza imbaraga, injyana n’imikorere y’umubiri itangaje igatuma imbyino zabo ziba ikimenyetso cy’umuco Nyarwanda ugezweho kandi ushingiye ku mateka

Umuyobozi
w’Itorero Intayoberana, Kayigemera Sangwa Aline yavuze ko “Gira u Rwanda” ari indamukanyo ishimangira
urukundo rw’igihugu, ikazagaragaramo ibihangano by’umwimerere, udushya
n’imbyino gakondo zigarura umuco Nyarwanda

AMAFOTO:
Iraguha safari Jotham
