Igitaramo cya Ambassadors of Christ gitegerejwe na benshi cyamaze kwandika amateka mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nyuma y’uko hatangajwe ko amatike yose yari yashyizwe ku isoko yamaze gushira mbere y’amasaha macye ngo kibe.
Mu kanya ku isaha ya saa Cyenda, ni bwo imiryango ya BK Arena iza kuba ifunguwe hanyuma
abantu batangire kwinjira, icyakora abatari bubashe kwitabira bashobora
kwishyura 10,000 Frw hanyuma bagakurikiranira igitaramo kuri
onstage.rw
Korali Ambassadors of Christ na Ambassadors Junior ni bo bonyine baza gutaramana n’abitabira iki gitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 Ambassadors of Christ Choir imaze mu murimo w'Imana.

Amatike yo kwinjira mu gitaramo cya Ambassadors of Christ yashize ku isoko (Sold out)
