Iki
gitaramo cyabereye ahitwa Mezo Noir, ahazwi nk’akabari kagezweho kakira abantu
bari hagati ya 1000 na 1500. Cyaranzwe n’udushya twinshi, indirimbo z’urukundo
zakunzwe na benshi, ndetse bamwe mu bacyitabiriye bahana indabo mu rwego
rwo gushimangira amarangamutima y’uyu munsi wihariye ku bakundana.
Umujyanama
wa The Ben, Alex Muyoboke yabwiye InyaRwanda ko banyuzwe n’uko igitaramo
cyagenze, agaragaza ko cyari kimwe mu bitaramo bihenze byabereye i Kampala muri
iki gihe.
Yagize
ati “Igitaramo cyagenze neza, ngira ngo mwabibonye. Yaba imyiteguro, uko abantu
bari bameze n’ibindi, byose byari ku rwego rwo hejuru. Cyari kimwe mu bitaramo
bihenze hano i Kampala, kandi amatike yose yarashize (Sold Out). Abantu
bishimye cyane. The Ben hano muri Uganda si umuntu basanzwe bafata nk’undi
wese, ni umuntu bakunda mu buryo budasanzwe."
Amatike
y’iki gitaramo yari mu byiciro bitatu: Miliyoni 5 Frw, Miliyoni 3 Frw, na Miliyoni
1.5 Frw
Nubwo
ibiciro byari hejuru, abakunzi be ntibazuyaje kuyagura, ibintu byatumye amatike
yose ashira mbere y’umunsi w’igitaramo.
Ku
bijyanye n’imishinga The Ben ashobora kuba afite muri Uganda, Alex Muyoboke
yavuze ko hari ibigikorwa biri gutegurwa ariko ko bizatangazwa n’umuhanzi ubwe
mu gihe kiri imbere.
Yagize
ati “Ibijyanye n’imishinga y’indirimbo birimo gukorwa. Nk’uko bisanzwe, iyo
umuhanzi aje hano hari ibyo aba ategura azatangaza mu gihe kiri imbere. Gusa,
igitaramo cyagenze neza cyane, abantu bishimye.”
Iki
gitaramo cyongeye kugaragaza ko The Ben afite igikundiro gikomeye muri Uganda, ndetse
ko isoko ry’iki gihugu rikomeje kuba ingenzi mu rugendo rwe rwa muzika.
Kuba
amatike yarashize mbere y’igitaramo, ndetse n’urugero rw’imyiteguro rwagaragaye
ku rubyiniro, ni ibimenyetso simusiga by’uko uyu muhanzi akomeje kubaka izina
rye ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Mu
ijoro rya Saint Valentin, The Ben yazamuye ibyishimo by’abafana be i Kampala,
aho Mezo Noir yari yuzuye imbaga y’abakunzi ba muzika. Indirimbo z’urukundo
zaririmbanwaga n’imbaga, bigaragaza ko uyu muhanzi afite igikundiro gikomeye
muri Uganda
Nubwo
amatike y’iki gitaramo yari mu byiciro bihenze, ntibyabujije abafana kuyagura
yose mbere y’umunsi nyir’izina. Byarangiye handitswe “Sold Out”, igihamya
cy’urukundo rudasanzwe Abanya-Uganda bakunda The Ben


Alex Muyoboke yavuze ko bishimiye uko igitaramo cyagenze, ashimangira ko ari kimwe mu bihenze byabereye muri uyu mujyi. Kuba amatike yarashize mbere y’igitaramo, ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rw’uyu muhanzi mu karere









Shaffy yataramiye i Kampala mu gitaramo yahuriyemo na The Ben, cyahujwe no kwizihiza umunsi w'abakundana uzwi nka 'Saint Valentin'










Uwicyeza Pamella [Uri iburyo], umugore wa The Ben yamushyigikiye mu gitaramo yakoreye i Kampala


