Iki
gitaramo giteganyijwe kuba tariki 23 Kanama 2025 muri Parking ya Kigali
Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Nyuma y’uko ariya
matike ashize ku isoko, hasigaye andi matike asanzwe (Regular), VIP ndetse na
Table.
Abahanzi
bazaririmba muri iki gitaramo barimo ibyamamare bikunzwe mu bihugu byabo no mu
karere, nka: The Ben – Umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda, uzwiho guhuriza hamwe
injyana z’umuziki w’urukundo n’afrobeat.
Boohle,
Sir Trill, Bizizi & KayGee, na STU – baturuka muri Afurika y’Epfo, bakaba
bazanye umwihariko w’injyana ya Amapiano n’izindi zigezweho.
Bjorn
Vido – Umuhanzi wo muri Denmark uzaba ahagarariye u Burayi. Bushali, Kenny Sol,
Ariel Wayz, na DJ Marnaud – abahanzi n’abatunganya umuziki bo mu Rwanda bamaze
kugira izina rikomeye mu ruhando rw’imyidagaduro.
Vampino
na Sir Kisoro – baturuka muri Uganda, bazanye umuvuduko wa Dancehall n’umudiho
w’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba. DJ Brianne – umwe mu ba-DJ b’abagore bari
kwigaragaza cyane mu miziki y’ubu.
Umuyobozi
w’iki gitaramo (MC) azaba ari Nzeyimana Luckman, uzwi mu guhuza abantu no
gukoresha neza urwenya n’ijwi rifite ububasha mu bitaramo bikomeye. Ni umwe mu
banyamakuru n’abayobora ibirori bafite ubunararibonye mu Rwanda.
Abategura
igitaramo batangaje ko amatike y’ibanze (Early Bird) yamaze kugurishwa yose,
bakaba basigaje andi matike agenewe abasigaye: Regular: 5,000 Frw, VIP: 10,000
Frw (15,000 Frw ku muryango), ndetse na Table: 200,000 Frw (ku bantu 6)
Amatike
abarizwa kuri *USSD code 513# ndetse no kuri Ticqet, aho ushobora kuyagura mu
buryo bworoshye kandi bwihuse.
Abategura
barasaba abafana kwihutira kugura amatike kuko ibyicaro bishobora kurangira
vuba, bitewe n’uko igitaramo cyamaze gukurura abantu benshi.
Music
in Space si igitaramo gisanzwe. Ni igikorwa cyateguwe mu rwego rwo guhuza umuco
w’umuziki wo ku migabane itandukanye, binyuze mu mikoreshereze y’ubuhanzi
bugezweho, injyana zitandukanye, n’imyidagaduro ifite ireme.
Iki
gitaramo kizaba ari n’amahirwe yo kugaragaza ubushobozi bw’umujyi wa Kigali nka
hamwe mu hantu hagezweho mu myidagaduro igezweho muri Afurika. Kandi ni
n’umwanya mwiza ku bahanzi nyarwanda n’abafana guhura n’ibyamamare by’ubuhanzi
mpuzamahanga.
Abazitabira
iki gitaramo basabwa kuzahagera mbere y’isaha kugira ngo birinde umurongo
muremure ku muryango. Hari amafunguro n’ibinyobwa bizaba biboneka, kimwe
n’ibyicaro bihagije.
Gura itike yawe unyuze hano: https://ticqet.rw/
Abarimo The Ben, Kenny Sol, Ariel Wayz, Vampino, Bushali, ni bamwe mu bategerejwe muri iki gitaramo
Byatangajwe
ko Luckman Nzeyimana ariwe uzayobora iki gitaramo kizabera Camp Kigali
Amatike yaguraga 1500 Frw yashize ku isoko, mu gihe hasigaye iminsi mbarwa iki gitaramo kikaba