Amatike arenga 19,000 yaracurujwe i Musanze mu bitaramo Summer Country Tour

Imyidagaduro - 16/06/2026 8:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Amatike arenga 19,000 yaracurujwe i Musanze mu bitaramo Summer Country Tour

Mu gihe benshi mu batuye mu ntara bari bamaze imyaka n’imyaniko bazi ko buri gitaramo cyose kihabereye aba ari ubuntu, ibitaramo bya Summer Country Tour byatangiye kugaragaza ko abashoramari bateguraga ibitaramo by’ubuntu bari baracikanwe cyane ko mu gitaramo cya mbere hacurujwe amatike arenga 19,000.

Kuva ku itariki ya 13 Kamena 2026, ibitaramo bya Summer Country Tour byahereye mu karere ka Musanze, bikaba bizakomereza mu karere ka Nyagatare, Bugesera bigasorezwa mu karere ka Rubavu.

Ibi bitaramo byateguwe na Watu Wave, bifite umwihariko wo kuba bimwe mu bitaramo byishyuzwa nyuma y’imyaka n’imyaniko abantu bo mu ntara bari baramenyereye ko ibitaramo babona ari iby’ubuntu.

Igitaramo cy'i Musanze cyaririmbyemo Bruce Melodie, The Ben, Kitoko na Bwiza. Kwinjira muri ibi bitaramo bya Summer Country Tour ni amafaranga 2,000frw, 5,000frw, 10,000frw, 100,000frw.

Kugera ku munsi w’igitaramo, benshi mu bantu bakurikiranira hafi iby’umuziki nyarwanda ntibari bakiyumvisha ko hari abantu baza kwishyura amafaranga y’igitaramo nyamara haciyeho imyaka myinshi batishyura.

Ku munsi w’igitaramo, hari hamaze kugurwa amatike 3,5000frw muri sisiteme mu gihe hari andi matike menshi yari yahawe bamwe mu rubyiruko mu karere ka Musanze barimo bayakwirakwiza mu mujyi wa Musanze.

Kugera ubwo basoje kwinjiza abantu muri Sitade, abakoze mu matike bemeza ko bacuruje arenga amatike 19,000 y’abantu binjiye muri ibi bitaramo.

Gusa n’ubwo ari ayo matike yacurujwe, hari bamwe mu bandi bamamyi bakoze amatike y’ibicupuri bayagurisha abantu bituma inzego z’umutekano zibasimbukana.

Ibi bitaramo bizakomereza mu karere ka Nyagatare mu mpera z’iki cyumweru naho ibitaramo bikaba bizabera muri Sitade nk’uko i Musanze naho byagenze.

Hacurujwe amatike arenga 19,000 mu gitaramo cy'i Musanze

The Ben ni umwe mu batanze ibyishimo muri iki gitaramo 

Bruce Melodie niwe muhanzi watanze iki gitekerezo cy'ibitaramo bya Summer Country Tour 

Bwiza nawe yahaye ibyishimo abafana be bo mu karere ka Musanze 

Kitoko yongeye kuririmba mu karere ka Musanze nyuma y'imyaka myinshi 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...