Kuwa 12 Gashyantare 2024 i Dubai hatangiye Inama yiga ku Miyoborere
izwi nka World Government Summit yitabiriwe na Perezida Kagame.
Nk'uko bigaragara ku mbuga nkoranyambaga z’ibiro by'Umukuru w'Igihugu cy'u Rwanda (Village Urugwiro), Perezida Kagame yagaragaje uko u
Rwanda ruhagaze mu miyoborere.
Yagarutse ku ruhande rw’u Rwanda, Africa na politike y’isi muri rusange
ku ngingo zirimo umutekano, ubukungu, imiyoborere n’ibindi.
Iki kiganiro cyayobowe n’umunyamakurukazi umaze kuba icyamamare mu makuru y’ubukungu n’imiyoborere.
InyaRwanda igiye kubagezaho amateka y’uyu mutegarugori umaze gukorana ibiganiro n’Abanyacyubahiro
batari bacye.Eleni Giokos aganira na Perezida Kagame muri World Government Summit i Dubai
Eleni Giokos akorera ikinyamakuru cya CNN, akaba yaravukiye mu Bugereki, akurira muri Afurika y'Epfo. Afite ubunararibonye mu itangazamakuru yaba
iryandika, irikorera mu ikoranabuhanga, televiziyo na radiyo ry’ibinyacumi.
Amaze gukorana ibiganiro n’abakuru b’ibihugu
banyuranye n’abashoramari. Mu bo bamaze kuganiro harimo Uwahoze ari Perezida wa Afurika y'Epfo, Jacob Zuma; Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan; Nyiri Virgin Richard Branson n’Umuyobozi
Mukuru wa IMF, Christine Logarde.
Yinjiye mu itangazamakuru akorera CNBC Africa mu mwaka wa 2007. Yabaye umusingi ukomeye wa eNCA mu kiganiro cya 24Hour yibanda ku makuru y’ubukungu
n’inkuru zigezweho.
Yamamaye mu Nama Mpuzamahanga y’Ubukungu [World Economic Forum]
mu makuru yihariye kandi acukumbuye ndetse no mu Nama Rusange y’Umuryango w’Abibumbye
[UN General Assembly].
Mu bihe bitandukanye yagiye ayobora ibiganiro mpaka ku Bukungu n’Ishoramari ndetse yagize uruhare mu nkuru za Daily Mail na The Guardian z'ibibera muri
Afurika y'Epfo.
Gikos yatanze amahugurwa ku banyeshuri biga
ibirebana n’itangazamakuru ari na ko atanga ibiganiro mu mashuri ku ngingo zinyuranye kubera ubuhanga n’ubumenyi yibitseho burimo
nubwo kuvugira mu ruhame.
Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu itangazamakuru
yakuye muri Kaminuza ya Witwatersrand. Afite umutungo ubarirwa muri
Miliyari 2Frw. Yashakanye na George Chatzicharala muri 2015, bakaba bafitanye
umwana umwe w’umukobwa.Eleni Gikos amaze gukorana ibiganiro n'Abanyacyubahiro batandukanye barimo n'Abakuru b'Ibihugu batari bacye
Yakoreye ibitangazamakuru bikomeye mu buryo buhoraho n'ubw'igihe gito kuri ubu akaba akorera CNN