Amateka y’umukobwa wa Perezida Biya wateye imitoma inkumi yihebeye bigatigisa imbuga-AMAFOTO

Imyidagaduro - 11/07/2024 10:26 AM
Share:
Amateka y’umukobwa wa Perezida Biya wateye imitoma inkumi yihebeye bigatigisa imbuga-AMAFOTO

Anastasia Brenda Biya Eyengaba usanzwe ari umuhanzi n'umukobwa wa Perezida Paul Biya, akomeje gutigisa imbuga n’ibinyamakuru nyuma y'uko yeruye agatangaza umukobwa wo muri Brazil bari mu rukundo.

Brenda Biya Eyengaba yabonye izuba mu 1998, ni umukobwa wa Perezida Paul Biya na Chantal Biya. Yakuriye mu biganza bya politike, afite abavandimwe babiri aribo Franck Biya na Paul Biya Jr.

Brenda Biya yize muri Collège du Léman International, akomereza  Ecole Nationale D'Administration Et De Magistrature (ENAM) aho yagiye yitwara neza.

Imyitwarire ye ku mbuga nkoranyambaga yagiye igarukwaho bamwe bavuga ko itajyaniranye no kuba ari umukobwa wa Perezida.

Uyu mukobwa kuri ubu uri mu myaka 27 ari kuvugwa cyane bitewe n’uburyo yagaragaje ko ari mu rukundo n’umunyamideli wo muri Brazil, Layyons Valença.

Ibintu bitamenyerewe kubona umuntu uturuka mu miryango y’ibikomerezwa wemera ku mugaragaro ko akundana n'abo bahuje igitsina cyane muri Afurika.

Kugeza ubu se ari mu bagabo bamaze igihe kirekire ku butegetsi aho yabufashe mu 1982.

Brenda Biya yumvikanye avuga ko azi neza ko inkuru ye izafungurira benshi amarembo muri Cameroon igihugu cyanze kwemera iby’ababana bahuje ibitsina.

Gusa umwanzuro we ntabwo wakiriwe neza n'abo mu muryango we kuko yashyizwe ku gitutu cyo gusiba ubutumwa bw’imitoma yateraga inkumi  bakundana.

Musaza we akamubwira ko akojeje isoni umuryango naho se akagwa mu kantu.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...