Amateka azandikwa! Itariki y’igitaramo cya King James cy’imyaka 20 ari mu muziki yamenyekanye

Imyidagaduro - 08/03/2026 5:16 PM
Share:

Umwanditsi:

Amateka azandikwa! Itariki y’igitaramo cya King James cy’imyaka 20 ari mu muziki yamenyekanye

Ruhumuriza James wamamaye nka King James, umwe mu bahanzi bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’umuziki nyarwanda, yatangaje ko agiye gukora igitaramo cyihariye cyo kwizihiza imyaka 20 amaze ari mu muziki.

Ni igitaramo kizaba ku wa 1 Kanama 2026, kikazaba umwanya wo gusubiza amaso inyuma ku rugendo rwe rurerure mu muziki, ndetse no gutaramana n’abakunzi b’ibihangano bye bakomeje kumushyigikira kuva agitangira kugeza uyu munsi.

Mu butumwa bw’amashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga kuri iki Cyumweru tariki 8 Werurwe 2026, King James yumvikanye atumira abafana be n’abakunzi b’umuziki muri rusange muri iki gitaramo, avuga ko ari umwanya udasanzwe kuri we mu rugendo rwe rw’umuziki.

Yagize ati “Iki n’icyo gihe cyo gukora igitaramo cy'imyaka 20 maze mu muziki. Nifuzaga kubatumora ni tariki 1 Kanama 2026, nizeye ko muzaza tukaririmbana cyane."

Aya magambo agaragaza ko uyu muhanzi ushobora kubarirwa mu nkingi z’umuziki wa R&B mu Rwanda, ari gutegura igitaramo cyitezweho byinshi, cyane ko kizaba gisubiza amaso inyuma ku ndirimbo n’ibihe byaranze amateka ye mu muziki. King James yatangiye kumenyekana cyane mu myaka ya mbere ya 2006, ubwo indirimbo ze zatangiraga gucengera cyane mu matwi y’abakunzi b’umuziki nyarwanda.

Yaje kuba umwe mu bahanzi bafite umwihariko mu ndirimbo z’urukundo, uburyo bwo kuririmba bwuje ituze ndetse n’amagambo akora ku mitima ya benshi. Mu gihe cy’imyaka 20 amaze mu muziki, King James yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe n’abatari bake.

Mu ndirimbo zirimo izamuhesheje izina harimo “Meze Neza,” “Nyuma Yawe,” “Birandenga,” “Niki Utabona” n’izindi zakomeje kumwubakira igikundiro mu bakunzi b’umuziki. Izi ndirimbo zagiye ziba igice cy’ubuzima bwa benshi, cyane cyane abakunda indirimbo z’urukundo ziganisha ku marangamutima no ku buzima bwa buri munsi.

Igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze mu muziki gitegerejwe na benshi, cyane cyane abakunzi b’indirimbo ze bamaze imyaka myinshi bamukurikirana. Nubwo hataratangazwa aho kizabera n’abahanzi bashobora kuzamufasha ku rubyiniro, hari abavuga ko bishoboka ko kizaba kimwe mu bitaramo bikomeye bishobora kuzabera mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2026, bitewe n’uburemere bw’urugendo rw’uyu muhanzi mu muziki nyarwanda.

King James ubwe yavuze ko amakuru arambuye kuri iki gitaramo azagenda atangazwa mu minsi iri imbere, ibintu bituma abakunzi be bakomeza gutegereza kumenya byinshi ku buryo kizategurwa n’ibizakiranga.

Nyuma y’imyaka 20 amaze mu muziki, King James akomeje kugaragara nk’umuhanzi ufite izina rikomeye mu muziki nyarwanda, aho indirimbo ze zakomeje kuramba mu mitima y’abakunzi b’umuziki, bigatuma igitaramo cye cyo kwizihiza uru rugendo gitegerejwe n’imitima myinshi.

Nyuma y’imyaka 20 amaze mu muziki, King James yatangaje igitaramo gikomeye cyo kwizihiza uru rugendo rwe. Ni igitaramo kizaba ku wa 1 Kanama 2026, aho azahurira n’abakunzi b’indirimbo ze zakunzwe mu myaka myinshi ishize

King James yatangaje ko amakuru arambuye ku gitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki azagenda atangazwa mu minsi iri imbere

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO YA KING JAMES NA ZUBA RAY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...