Amategeko ya Canada avuga iki kuri ADN yasabwe na Idrissa ku mwana wa Ishimwe Vestine ?

Imyidagaduro - 20/09/2026 6:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Amategeko ya Canada avuga iki kuri ADN yasabwe na Idrissa ku mwana wa Ishimwe Vestine ?

Idrissa Ouedraogo yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko rwategeka ko hakorwa isuzuma ry’uturemangingo ndangasano (ADN) hagati ye n’umwana Ishimwe Nora Hailey, avuga ko ashaka kumenya neza isano afitanye n’uyu mwana mbere y’uko urubanza rw’ubutane hagati ye na Ishimwe Vestine ruburanwa mu mizi.


Ishimwe Vestine ubarizwa mu itsinda rya ‘Vestine na Dorcas’ n’umwana we bari muri Canada, mu gihe urubanza ruri mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro mu Rwanda.

Mu nyandiko z’urubanza, Idrissa avuga ko kuva umwana avuka atigeze amubona, ndetse ko kuba ataramubona bimubangamiye mu gihe ari gutandukana na nyina w’umwana.

Asaba urukiko ko mbere y’uko urubanza rw’ubutane ruburanwa mu mizi, rwamuhuza n’umwana ndetse hakaba n’isuzuma rya ADN kugira ngo hamenyekane mu buryo bwizewe isano iri hagati yabo.

Mu busabe bwe, Idrissa avuga ko yemera ko Ishimwe Nora Hailey ari umwana we, ariko akaba ashaka ko isano yemezwa n’isuzuma rya ADN.

Avuga ko kuva umwana yavuka atigeze abona isura ye, kandi ko gutandukana na Vestine ataramubona bishobora gutuma kubona umwana birushaho kumugora, cyane ko avuga ko ari mu mahanga.

Ni muri urwo rwego asaba Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko rwamuhuza n’umwana, ndetse rugategeka ko hakorwa isuzuma rya ADN hagati ye n’umwana.

Icyakora, kugeza ubu ibyo ni ibisabwa na Idrissa. N'urukiko ruzagena niba ibyo asaba byemewe, n’uburyo byashyirwa mu bikorwa.

Canada yemera isuzuma rya ADN mu manza zirebana n’ababyeyi?

Muri Canada, ibibazo byerekeye kumenya umubyeyi w’umwana ntibigengwa n’itegeko rimwe rikoreshwa kimwe mu gihugu cyose.

Amategeko y’intara afite uruhare runini mu bibazo byerekeye isano y’umwana n’ababyeyi, mu gihe amategeko ya Leta ya Canada agira uruhare mu bibazo bimwe by’ubutane n’imiryango.

Urugero, muri Ontario, amategeko ateganya ko mu rubanza urukiko rugomba gukemuramo ikibazo cy’umubyeyi w’umwana, rushobora kwemera ko hakorwa isuzuma ry’amaraso cyangwa ADN ku muntu cyangwa abantu ruvuze mu cyemezo cyarwo.

Muri British Columbia na ho amategeko ateganya ko urukiko rushobora gutegeka umuntu, harimo n’umwana, gutanga amaraso kugira ngo hakorwe isuzuma ry’umubyeyi.

Ibi bivuze ko isuzuma rya ADN rishobora gukoreshwa mu manza zirebana no kumenya umubyeyi muri Canada, ariko uburyo bwo kuritegeka no kurishyira mu bikorwa bushobora gutandukana bitewe n’intara umwana abarizwamo.

Ntabwo byakwiye kuvugwa ko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rushobora gutegeka inzego za Canada mu buryo butaziguye gukora isuzuma rya ADN ku mwana uri muri icyo gihugu.

Ahubwo hari uburyo bw’amategeko bwemerera urukiko rwo mu kindi gihugu gusaba ubufasha bw’inzego z’ubutabera zo muri Canada mu kubona ibimenyetso biri muri Canada.

Ubu buryo bushobora gukorwa binyuze mu nyandiko zizwi nka “letters rogatory” cyangwa “letters of request”, aho urukiko ruburanisha urubanza rwo hanze ya Canada rusaba urwego rubifitiye ububasha muri Canada gufasha mu kubona ibimenyetso bikenewe.

Canada Evidence Act iteganya uburyo “letters rogatory” zituruka ku rukiko rwo hanze zishobora gukoreshwa mu gusaba ubufasha bwo kubona ibimenyetso bifitanye isano n’urubanza ruri kuburanishwa.

Mu buryo nk'ubwo, amategeko ya Ontario ateganya ko urukiko rwo muri iyo ntara rushobora, mu bihe biteganywa n’amategeko, gufasha urukiko rwo mu mahanga kubona ibimenyetso cyangwa umuntu uri muri Ontario.

Ni iki ibi bisobanuye ku busabe bwa Idrissa?

Mu gihe urukiko rw’u Rwanda rwabona ko isuzuma rya ADN ari ngombwa mu gukemura ikibazo kiri mu rubanza, ikibazo gikurikiraho cyaba uburyo iryo suzuma ryakorerwa umwana uri muri Canada.

Urukiko rushobora gukoresha inzira z’ubutabera mpuzamahanga zisaba ubufasha bw’inzego zo muri Canada, ariko ubusabe nk’ubwo ntibuhita busobanura ko Canada igomba guhita ikora isuzuma rya ADN.

Urukiko cyangwa urwego rubifitiye ububasha muri Canada ni rwo rwareba ubusabe, rukabusuzuma hakurikijwe amategeko akurikizwa aho umwana abarizwa.

Ikindi gikomeye ni uko kuba Idrissa yasabye ADN bidahita bivuga ko isuzuma rigomba gukorwa. Kugeza ubu, ubusabe bwe buracyari imbere y’urukiko.

Urukiko ni rwo ruzasuzuma impamvu z’ubusabe bwe, akamaro k’isuzuma rya ADN ku bibazo biri mu rubanza, ndetse n’uburyo ibyo asaba byashyirwa mu bikorwa mu gihe umwana ari hanze y’u Rwanda.

Ni na rwo ruzagena niba kumuhuza n’umwana no gukora isuzuma rya ADN ari ibyemewe muri uru rubanza, cyangwa niba hari izindi nzira z’amategeko rwashingiraho.

Ku rundi ruhande, kuba umwana ari muri Canada bishobora gutuma ishyirwa mu bikorwa ry’umwanzuro w’urukiko rikorwa binyuze mu bufatanye n’inzego z’ubutabera zo muri Canada, aho kuba urukiko rw’u Rwanda rutegetse inzego za Canada mu buryo butaziguye.

Abanyamategeko basobanura uko ADN ikoreshwa mu manza zo muri Canada

Amategeko ya Canada agaragaza ko isuzuma rya ADN rishobora gukoreshwa mu gukemura ibibazo by’umubyeyi, ariko kuba umwe mu barebwa n’urubanza arisabye ntibihita bivuga ko urukiko rugomba guhita ruryemeza.

Urugero rutangwa n’abanyamategeko bo muri Canada rugaragara mu isesengura ryakozwe na Feldstein Family Law Group ku rubanza Griggs v. Cummins rwabereye muri Ontario.

Muri uru rubanza, umugabo yasabye ko hakorwa isuzuma rya ADN kugira ngo hamenyekane niba ari se w’umwana, ariko ubusabe bwe bwasuzumwe hashingiwe ku mategeko ya Ontario n’inyungu z’umwana.

Abanyamategeko basobanura ko urukiko rwashingiye ku ihame ry’uko inyungu z’umwana ari ingenzi mu gufata icyemezo nk’iki, ndetse rukareba niba nta mpamvu mbi iri inyuma y’ubusabe cyangwa niba isuzuma ritagira ingaruka ku mwana.

Muri urwo rubanza, urukiko rwemeye ko ADN ikorwa kuko nta bimenyetso by’uko ubusabe bwari bufite indi mpamvu mbi kandi ko kumenya neza umubyeyi byari bifite akamaro.

Ibi bitandukanye n’urundi rubanza rwo muri Ontario rwaciwe muri Mata 2026, aho umubyeyi w’umugabo yasabye isuzuma rya ADN ariko urukiko rukanga ubwo busabe.

Muri A.B. v. C.D., urukiko rwagaragaje ko mu bibazo bireba abana, inyungu zabo ari zo zigomba kwitabwaho, maze rufata umwanzuro ko muri uwo mwihariko isuzuma rya ADN ritari kugira akamaro k’amategeko kandi ko ritari mu nyungu z’abana.

Izi ngero zombi zigaragaza ko muri Canada, ADN ishobora gukoreshwa mu kumenya umubyeyi, ariko ko urukiko rutayitegeka ko ikoreshwa. Ubusabe busuzumwa hakurikijwe imiterere y’urubanza n’ibindi bibazo bireba umwana.

Umwe mu banyamategeko yabwiye InyaRwanda ko umubyeyi usaba ko hakorwa ADN abanza gutanga ikirego cyo kwihakana umwana kugirango ikorwe.

Yavuze ko ku kirego cya Idrissa, hashoboka ibintu bibiri. Kuba Idrissa yajya muri Canada akaba ari ho hafatirwa ibimenyetso, no kuba Vestine Ishimwe yazana umwana we mu Rwanda, ibizamini bigakorwa.

Yavuze ko Urukiko rusuzuma ubusabe hitawe cyane ku nyungu z'umwana, kuko umwana afite uburenganzira bwo kumenya ababyeyi be bombi.

Yavuze ko mu busanzwe mu manza nk'izi, umubyeyi umwe atanga ikirego mu Rukiko rw'Ibanze agasaba ko hasuzumwa niba koko ari we mubyeyi w'umwana wanditswe nk'uwe. 

Itegeko rishya rigenga umuryango riteganya ko ikirego cyo kwihakana umwana kigomba gushyikirizwa urukiko mu gihe cy’amezi atandatu (6).

Iki gihe gitanga kibarwa uhereye umunsi umubyeyi (umugabo cyangwa umugore) amenyeye amakuru cyangwa ibimenyetso bishya bimwemeza ko umwana ashobora kuba atari uwe.

Iyo ADN yemeje ko atari uwe, urukiko rufata umwanzuro rwemeza ko uwo mugabo cyangwa umugore atari umubyeyi w'umwana.


Idrissa Ouedraogo yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kumufasha agakoresha ADN kugira ngo amenye niba umwana Ishimwe Vestine yabyaye ari uwe

 

Nyuma y’umwaka umwe biyemeje kubana nk’umugabo n’umugore, Idrissa na Vestine batangiye inzira ya gatanya


ICYO NYEMBO EMELINE AVUGA KU BIJYANYE N'IBISHINGIRWAHO MU GUSABA GATANYA CYANGWA SE DIVORCE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...