Amashuri akomeye muri Amerika agiye gutanga ‘scholarship’ n’amahugurwa ku banyarwanda bifuza kuyigamo

Kwamamaza - 22/03/2026 8:24 PM
Share:

Umwanditsi:

Amashuri akomeye muri Amerika agiye gutanga ‘scholarship’ n’amahugurwa ku banyarwanda bifuza kuyigamo

Amashuri akomeye muri Amerika agiye guteranira mu Rwanda asobanurira abifuza kwiga muri Amerika icyo bisaba banafashwe kubona ‘scholarship’ zo kwiga muri ayo mashuri akomeye.

Ni igikorwa kizaba binyuze mu ihuriro rya 15 ry’uburezi bw’abanyeshuri bo muri GAE Education Fair’, aho kaminuza zitandukanye ziza gusobanura byimbitse uko zikora ku bifuza kuzigamo. Iri huriro ritegurwa n’Ikigo kizobereye mu gushakira abantu amashuri hanze, GAE-Rwanda.

Mu Rwanda, iki gikorwa giteganyijwe kuba taliki ya 4 Mata 2026, kuri Grazia Hotel iherereye ku Gishushu aho iki gikorwa cyo kwerekwa amahirwe y’uburyo abifuza kwiga muri Amerika babigenza, kizatangira saa tatu za mu gitondo kugera saa munani z’amanywa.

Mu bikorwa by’ingenzi biteganyijwe uwo munsi, abahagarariye ayo mashuri y’icyitegererezo muri Amerika bazasobanurira abifuza kuyigamo uburyo bworoshye babonamo imyamya, guhitamo amasomo yo kwiga ajyanye n’aho isoko ry’umurimo rigeze ndetse n’ibindi bitandukanye.

Ibyo byose bizasobanurwa n’abajyanama b’abanyeshuri, abarimu n’abahagarariye aya mashuri. Bitari ugusobanurirwa gusa, ahubwo hari abazabona ‘Scholarship’ zo kujya kwiga muri ibyo bigo.

Umuyobozi wa GAE-Rwanda, Burora yavuze ko abazitabira iri huriro bazungukiramo byinshi kuko byagaragaye ko abajya kwiga muri biriya bihugu hari amahirwe menshi bakurayo.

Ati: “Uko uburezi bwo muri biriya bihugu nka Amerika bumeze, bitandukanye n’ubwo mu Rwanda. Hariya bagufasha guhitamo ibyo wiga ariko bikajyana n’ibigezweho ku isoko ry’umurimo.”

Akomeza agira ati: “Ikindi kandi bigufasha kugira imitekerereze yagutse ku buryo usanga abandi banyeshuri bo muri ibyo bihugu nta kintu kinini bakurusha ukaba wabasha guhangana nabo ku isoko ry’umurimo.”

Iri huriro rizitabirwa n'amashuri atandukanye nka Nebraska Christian School ndetse n’andi menshi yose azaba arajwe ishinga no kwereka Abanyarwanda ibyiza bahishiwe by'umwihariko mu gisata cy’uburezi.

Bamwe mu bitabiriye ibyiciro by'aya mahugurwa byabanje, babonye ibigo muri Amerika

Iki gikorwa kizaha amahirwe abifuza kujya kwiga muri Amerika kuko hari abazabona scholarships 

Ababyeyi n'abana bifuza gusobanukirwa iby'aya mahirwe, bose baratumiwe 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...