Amarangamutima y’umunyarwandakazi Fanny Utagushimaninde wanditse amateka ku Isi muri Cricket

Imikino - 23/03/2026 1:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Amarangamutima y’umunyarwandakazi Fanny Utagushimaninde wanditse amateka ku Isi muri Cricket

Umukinnyi w'Umunyarwanda, Fanny Utagushimaninde yavuze ko byabaye nk'"inzozi" nyuma yo kuba umugore ukiri muto ku Isi utsinze amanota 100 (century) mu mukino umwe wa Cricket mpuzamahanga (mu irushanwa rya T20), afite imyaka 15 n'iminsi 223.

Utagushimaninde, ukina nk'ufungura umukino (opening batter), ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yatsinze amanota 111 atavanywe mu kibuga  yakuye mu mipira 65 mu mukino we wa mbere wa T20.

Ibyo byafashije u Rwanda gutsinda Ghana ku kinyuranyo cy'amanota (runs) 122 mu irushanwa riri kubera i Lagos muri Nigeria.

Yagejeje ku manota 100 akoresheje imipira 59 mu gace (over) ka 18 k'umukino, nyuma yo gukubita umupira uca hagati mu kibuga (mid-wicket) imbere y'umutera-mipira wa Ghana, Elizabeth Annor.

Yahise akuraho agahigo kari gafitwe na Prosscovia Alako wo muri Uganda, wari ufite imyaka 16 n'iminsi 233 ubwo yatsindaga amanota 100 bakina na Mali muri Kamena (6) mu 2019.

Utagushimaninde, impano ye yavumbuwe binyuze muri gahunda yo guteza imbere Cricket mu mashuri mu Rwanda ishyigikirwa n'ikigo Marylebone Cricket Club Foundation, cyo mu Bwongereza, yavuze ko yumvaga bimeze nk'ibitangaza ubwo yageraga kuri uwo muhigo.

Yagize ati: "Wari umwanya w'umwihariko kuri jye no mu rugendo rwanjye rwa Cricket. Ni inzozi kuba mbigezeho mu mukino wanjye wa mbere mfite imyaka 15.

Ibi bigaragaza gukora cyane kwanjye, icyizere no gukunda uyu mukino. Nshimiye abatoza banjye, abo dukinana na buri muntu wese umba hafi.

Yavuze ko azakomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo agree ku bindi byinshi. Ati:” "Nzakomeza kwihatira kugira ibyo nonosora kandi ngere ku bindi byinshi mu gihe kiri imbere."

Amanota Utagushimaninde yatsinze ni na yo menshi kurusha andi yatsinzwe n'umugore mu mukino we wa mbere wa T20 (debut), akaba yakuyeho agahigo k'amanota 96 kari karashyizweho n'Umunya-Australia, Karen Rolton, ubwo bakinaga n'u Bwongereza mu mwaka wa 2005.

Fanny Utagushimaninde yabaye umugore ukiri muto ku Isi utsinze amanota 100 (century) mu mukino umwe wa Cricket mpuzamahanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...