Ni igitaramo cyabaye mu ijoro ryo
ku wa Gatandatu tariki ya 5 Nzeri 2026, muri BK Arena, mu birori byaherekeje
gahunda yo Kwita Izina ku nshuro ya 21, aho abana b’ingagi 22 bahawe amazina.
Rema yageze ku rubyiniro aherekejwe
n’ababyinnyi batojwe na Sherrie Silver, batanga umwihariko kuri iki gitaramo
binyuze mu mbyino zakomezaga injyana z’indirimbo z’umuhanzi w’Umunya-Nigeria.
Sherrie Silver, umunyarwandakazi
wamamaye ku rwego mpuzamahanga binyuze mu mbyino ndetse no mu gukorana
n’abahanzi bakomeye, ni we wayoboye iki gikorwa cyo gutegura ababyinnyi ba Rema
bari ku rubyiniro i Kigali.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa
X nyuma y’iki gitaramo, Sherrie Silver yashimangiye ko yishimiye kuba yaragize
uruhare mu gutegura ababyinnyi bagaragaye kuri uru rubyiniro.
Yagize ati: “Nishimiye kuba
narayoboye ndetse nkategurira Rema ababyinnyi mu gitaramo yakoreye mu Rwanda.
Ndashimira ababyinnyi bakuru bo muri Sherrie Silver Foundation. Nimwitegure
abasore.”
Ubutumwa bwa Sherrie bwagaragaje ko
uru ruhare rutagarukiye ku bakobwa gusa, kuko ababyinnyi b’abasore na bo bari
mu itsinda ryaherekeje Rema mu gitaramo.
Aba basore bagaragaye cyane mu gice
cya nyuma cy’igitaramo, ubwo Rema yari ageze ku ndirimbo ‘Ozeba’, ari na yo
yakoresheje ashyiraho akadomo kuri uru rubyiniro.
Rema yaherukagagutaramira i Kigali mu Ukwakira 2023, yari amaze imyaka hafi itatu
atongera guhura n’abakunzi be bo mu Rwanda imbonankubone.
Kuri iyi nshuro, abakunzi be bari
bateguye uburyo butandukanye bwo kumwereka ko bari bamukumbuye. Bamwe bazanye
ibyapa birimo ubutumwa bamugezaho, abandi bakoresha telefoni zabo bamwandikira
ubutumwa bw’urukundo n’ubwishimiye.
Mu gihe cy’isaha n’iminota 20
yamaze ku rubyiniro, Rema yanyuze mu ndirimbo zitandukanye zakomeje izina rye
ku Mugabane wa Afurika no ku rwego mpuzamahanga.
Mu ndirimbo zaririmbiwe i Kigali
harimo ‘Dumebi’, ‘Calm Down’, ‘Soweto’ na ‘Ozeba’, ndetse n’izindi zagiye
zikorwa n’abafana nk’iziranga urugendo rwe mu muziki.
Igitaramo cyaranzwe n’imbyino
nyinshi, imbaraga ku rubyiniro ndetse n’imikoranire hagati ya Rema n’ababyinnyi
bamuherekeje.
By’umwihariko, ababyinnyi bari
bayobowe na Sherrie Silver bagize uruhare mu gutuma imiririmbire y’indirimbo za
Rema ibona isura yihariye, bakoresha imbyino zihura n’injyana n’ubutumwa
bw’indirimbo.
Mu gusoza igitaramo, Rema yahisemo
‘Ozeba’, indirimbo yahaye umwanya wihariye mu gice cya nyuma cy’umuziki we i
Kigali.
Yasabye abakunzi be kuyibyina no
gukomeza kwishima, bituma umwuka wo mu BK Arena urushaho kuba uw’ibirori kugeza
ku munota wa nyuma.
Nyuma yo gutanga ibyishimo ku
bafana be, Rema yashimiye abitabiriye igitaramo, agaragaza ko yishimiye kongera
kugaruka mu Rwanda.
Uyu muhanzi kandi yavuze ko igihe
aheruka i Kigali yari akiri muto, afite imyaka 22, mu gihe ubu agejeje kuri 26.
Kugaruka kwe i Kigali byabaye igice
cy’ingenzi mu birori byaherekeje Kwita Izina 2026, aho umuziki mpuzamahanga
wahurijwe hamwe n’ibirori by’ingenzi by’u Rwanda byibanda ku kubungabunga
ingagi no guteza imbere ubukerarugendo.
Kuri Sherrie Silver, kuba yaragize
uruhare mu gutegura ababyinnyi baherekeje Rema kuri uru rubyiniro byongeye
kugaragaza uburyo impano ye yo kubyina no gutoza abandi ikomeje kugera ku rwego
mpuzamahanga, by’umwihariko mu bikorwa bikomeye bibera mu Rwanda.

Ababyinnyi b’abakobwa bataramanye na Rema nyuma yo gutozwa mu bijyanye n’imbyino na Sherrie Silver

Ababyinnyi b’abasore batojwe na Sherrie Silver babyiniye Rema mu gitaramo yakoreye i Kigali

Rema yakoreye igitaramo gikomeye i Kigali nyuma y’imyaka itatu ahacanye umucyo



