Amarangamutima ya Neymar wasubiranye amarira mu kibuga nyuma y’iminsi 981 adakinira Brazil

Imikino - 25/06/2026 7:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Amarangamutima ya Neymar wasubiranye amarira mu kibuga  nyuma y’iminsi 981 adakinira Brazil

Umunyabigwi w’ikipe y’igihugu ya Brazil, Neymar Jr., yagaragaye arira amarira y’ibyishimo nyuma yo kongera gukandagira mu kibuga akinira igihugu cye ubwo Brazil yatsindaga Scotland ibitego 3-0 mu mukino wa nyuma w’amatsinda w’igikombe cy’Isi cya 2026.

Neymar wari umaze iminsi 981 adakinira Brazil nyuma yo kuvunika mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi wahuje Brazil na Uruguay mu Ukwakira 2023, ntiyakinnye imikino ibiri ya mbere y’amatsinda kubera ikibazo cy’imvune yo mu itako ry’akaguru (calf injury), ariko yaje gukira ahita ashyorwa mu bakinnyi basimbura  mu mukino wa nyuma w’itsinda C.

Brazil imaze kuyobora umukino ku bitego 3-0, Neymar yasimbuye Matheus Cunha ku munota wa 76, ahita akina umukino we wa 129 mu ikipe y’igihugu ya Brazil.

Ubwo yageraga mu kibuga cya Miami Stadium, Neymar yagaragaye amarira amutemba ku maso, ibintu byakoze ku mitima ya benshi bari bakurikiye uwo mukino. Nyuma y’umukino kandi yagaragaye ahoberana n’abo bakinana ndetse n’abagize umuryango we mu rwego rwo kwishimira kugaruka mu kibuga nyuma y’igihe kinini.

Mu ikipe ya Brazil iri muri iki gikombe cy’Isi , Neymar ahanganye n’abakinnyi bafite umwanya ukomeye mu kibuga barimo Vinícius Júnior, Raphinha na Matheus Cunha, ibintu bituma atazabanza  mu kibuga kenshi.

Gusa nubwo yakinnye iminota mike, Neymar yagaragaje ko agifite ubushobozi bwo gufasha ikipe ye, ndetse abafana benshi bategereje kureba niba azagira uruhare runini mu mikino yo gukuranwamo.

Nyuma y'umukino, Neymar yavuze ko icyamushimishije cyane ari uko yongeye gukinira igihugu cye nyuma y'igihe kinini adakandagira mu kibuga kubera imvune .

Yagize ati: "Nta kindi natekerezaga nkiri kwinjira mu kibuga, nashakaga gusa kwishimira uwo mwanya. Inzozi zanjye zari ugukina Igikombe cy'Isi no kongera gukinira ikipe y'igihugu. Kugera hano ntabwo byari byoroshye."

Uyu mukinnyi kandi yashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyamabaga bugira buti: "Ibuka uwo uri we."

Intsinzi ya Brazil yayifashije gusoza iyoboye itsinda C imbere ya Morocco. Mu cyiciro gikurikira, izahura n’ikipe izaba yabaye iya kabiri mu itsinda ririmo u Buhorandi, Ubuyapani na Sweden. Uwo mukino uteganyijwe kubera i Houston ku wa 29 Kamena 2026.

 
 

Neymar yarize amarira y'ibyishimo nyuma yo kongera gukinira Brazil nyuma y'iminsi 981


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...