Abinyujije
ku rukuta rwe rwa Instagram mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 25 Nyakanga,
Sentore yagize ati: “Ku gicamunsi cya none natewe iteka no kwakirwa na Nyakubahwa
Minisitiri Olivier Patrick Nduhungirehe, inshuti y’urubyiruko n’umuziki gakondo
iwacu n’iyo.” Aya magambo agaragaza ko iyi nama yayibonye nk’ishema rikomeye mu
rugendo rwe rw’ubuhanzi.
Lionel
Sentore ari i Kigali aho yitegura igitaramo gikomeye azamurikiramo album ye ya
mbere yise “Uwangabiye”, kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village
(Camp Kigali) guhera saa moya z’umugoroba (7PM). Imiryango izaba ifunguye kuva
saa kumi n’imwe (5PM).
Yavuze
ko yahisemo kwita album ye “Uwangabiye” izina ry’indirimbo ye yamamaye cyane mu
bikorwa byo kwamamaza Umukuru w’Igihugu mu 2024, kubera ubutumwa buyirimo
bwuzuye ishimwe n’indangagaciro z’umuco nyarwanda.
Album
“Uwangabiye” igizwe n’indirimbo 12, zirimo: Uwangabiye, Umukobwa w’abeza, Teta,
I.U.O.A.E, Uko bimeze (ft. Mike Kayihura), Urera (ft. Elysee), Hobe, Mukandori
(ft. Angela), Ntaramanye, Urukundo (ft. Boule Mpanya), Yanyuzuye umutima,
ndetse na Haguruka ugende
Izi
ndirimbo, nk’uko Sentore abisobanura, zubakiye ku rugendo rwe bwite aho ashima
abantu bamugabiye byinshi: Perezida Paul Kagame (yamwise umugoboka-rugamba),
Sekuru Sentore Athanase, ababyeyi be n’abandi bamuhaye urukundo, uburere n’ubugingo.
Yagize
ati: “Sogokuru yangabiye gukunda igihugu no gukunda umuco. Mama yangabiye
urukundo, Papa yangabiye uburere. Perezida Kagame yaduhaye igihugu gitekanye,
agenda atugabira byinshi birimo Girinka n’iterambere. Iyi ndirimbo ni ishimwe,
igaragaza umutima wanjye.”
Sentore
avuga ko iki gitaramo ari nko kwandika igice gishya cy’ubuzima bwe,
by’umwihariko mu muziki.
Yakomeje
agira ati: “Uwangabiye Album Launch Concert ni igitaramo cy’umuco,
indangagaciro n’ishimwe – ni igitaramo cy’umuryango nyarwanda.”
Iki
gitaramo kizitabirwa n’abandi bahanzi kikaba kizashyirwa no ku mbuga
mpuzamahanga, bigaragaza ko u Rwanda rukomeje kwiyerekana nk’igihugu gifite
umurage ukomeye ujyanye n’umuco n’ubuhanzi.
Kwinjira muri iki gitaramo biroroshye, aho amatike ari kugurishwa hakoreshejwe kode ya USSD: 662700*1473#, bikorohera buri wese kubona itike binyuze kuri telefoni.
Lionel
Sentore yishimiye guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier
Nduhungirehe mbere y’igitaramo cye 'Uwangabiye
Kuri
uyu wa Gatanu tariki 25 Nyakanga 2025, Lionel Sentore yagiranye ikiganiro
n’itangazamakuru avuga ko ageze kuri 88% yitegura igitaramo cye
Jules
Sentore yavuze ko yiteguye gutaramana na mugenzi we muri iki gitaramo kizabera
muri Camp Kigali
Uwizihiwe
Charles ubarizwa mu Itorero Ingangare na Lionel Sentore yavuze ko yaje i Kigali
mu rugendo rwo gukora ubukwe bwe no gutaramana na mugenzi we
Didier
Kananura washinze KANAN CONNECTIONS iri gutegura igitaramo cya Lionel Sentore
yavuze ko bashima uruhare rwa buri wese wabateye inkunga
KANDA HANO UREBE IBYARANZE IKIGANIRO LIONEL SENTORE YAGIRANYE N'ITANGAZAMAKURU