Amahwa mu nzira igana ku gikombe cy’Isi cya 2026 kuri Portugal ya Cristiano Ronaldo

Imikino - 26/06/2026 1:06 PM
Share:

Umwanditsi:

Amahwa mu nzira igana  ku gikombe cy’Isi cya 2026 kuri  Portugal ya Cristiano Ronaldo

Inzira igera ku gikombe cy’Isi cya 2026 ku ikipe y’igihugu ya Portugal ya Cristiano Ronaldo irimo amahwa menshi aho ishobora gucakirana n’ibigugu mu gihe yasoza imikino y’amatsinda itari ku mwanya wa mbere.

Mu rukerera rwo ku Cyumweru saa Saba n’iminota 30 ni bwo Portugal izacakirana na Colombia mu mukino wo ku munsi wa nyuma w’itsinda K.

Portugal irasabwa gutsinda Colombia iyoboye itsinda bahuriyemo kugeza ubu, kugira ngo izabe ariyo isoza imikino y’amatsinda iri ku mwanya wa mbere.

Ibi biramutse bibaye igasoza ariyo iyoboye itsinda K, yazahura n’amakipe arimo Canada, Paraguay cyangwa u Bubiligi kugeza igeze muri 1/4 igacakirana na Argentine ya Lionel Messi.

Portugal ariko iramutse itayoboye itsinda igasoreza ku mwanya wa kabiri, yaba iri mu bibazo bikomeye kuko byaba bishoboka ko yahura n’u Bwongereza muri 1/16 bukinamo Harry Kane, Espagne ya Lamine Yamal muri 1/8 n’u Bufaransa bwa Kylian Mbappé muri 1/4.

Ikipe y’igihugu ya Portugal irimo irashaka igikombe cy’Isi cyayo cya mbere mu mateka ndetse inagira ngo irebe ko yasezera neza kuri kapiteni wayo Cristiano Ronaldo urimo urakina bwa nyuma Igikombe cy'Isi.

Inzira igana ku gikombe cy'Isi kuri Portugal ya Cristiano Ronaldo iragoye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...