Uyu muhango wabaye tariki 29
Werurwe 2026, ubera i Rusororo muri Jalia Garden, mbere yo gukomereza mu muhango wo
gusezerana imbere y’Imana wabereye kuri Zion Temple.
Ni
ubukwe bwitabiriwe n’inshuti, abo mu muryango ndetse n’abakunzi b’umuziki wa
gospel, aho benshi bishimiye kubona Prosper Nkomezi atangiye urugendo rushya
rw’urugo, nyuma y’igihe kinini azwi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Nyuma
y’ubu bukwe, amakuru agaragaza ko aba bombi bahise berekeza muri Leta Zunze
Ubumwe za Amerika, aho bari gukomereza ubuzima bwabo bushya.
Si
ubuzima bwite gusa ariko, kuko na ho Prosper Nkomezi akomeje ibikorwa bye bya
muzika.
Uyu
muhanzi yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, yatangaje ko ari gutegura
ibitaramo bitandukanye azakorera muri Amerika, mu rwego rwo gukomeza kwegera
abakunzi b’umuziki we baba mu mahanga no gukomeza kwamamaza ubutumwa bwiza
abinyujije mu ndirimbo ze.
Ni
urugendo rushya rutangiye ku muryango mushya wa Prosper Nkomezi na Retina M,
ruvanze n’intego zo gukomeza umurimo w’ivugabutumwa binyuze mu muziki, haba mu
Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.
Prosper
Nkomezi yatangiye umuziki muri 2017 ahera ku ndirimbo yise ‘Sinzahwema’, iyi
abantu benshi bakunda indirimbo ze bakaba bayizi nka ‘Amamara’.
Azwi
cyane mu ndirimbo ziri kuri album ye ya mbere nka Sinzahwema, Humura, Ibasha
gukora, Singitinya, Urarinzwe, Nzayivuga n’izindi zitandukanye.
Mu
gitaramo 'Hari amashimwe Live Concert' Aimé Uwimana yakoze tariki 14 Ukwakira
2018, Prosper Nkomezi ari mu bahanzi baririmbye akora ku mitima ya benshi bari
aho dore ko habaye n'agashya, aho yavuye kuri stage abantu bagakomeza kuririmba
indirimbo ze.
Aha
ni naho izina rye ryamenyekaniye cyane dore ko ari cyo gitaramo cya mbere
gikomeye yari aririmbyemo, byongeye hakaba hari hakoraniye itangazamakuru
n'abakunzi benshi b'umuziki wa Gospel.

Urukundo
rwashyizwe ku mugaragaro: Prosper Nkomezi na Retina basezeranye imbere y’Imana
n’abantu, batangira urugendo rushya rw’urugo rufite umugisha


Ibyishimo
byari byose ku maso ya Prosper Nkomezi na Retina mu munsi wabo w’amateka,
batangira ubuzima bushya bwuzuyemo kwizera n’urukundo
Nyuma
yo gusezerana, Prosper Nkomezi na Retina bahise berekeza muri Amerika, aho
bagiye gukomereza ubuzima bushya n’inzozi zabo
Ubukwe bwa Prosper Nkomezi na Retina bwabaye igihamya cy’urukundo rufite ishingiro, rujyana no gukorera Imana no kuyihesha icyubahiro mu rugo rwabo rushya





















Prosper Nkomezi yatangaje ko ari kwitegura gukorera ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika
