Amafaranga azahabwa uzatwara Super Cup 2026 yakubwe inshuro enye

Imikino - 25/08/2026 8:43 PM
Share:

Umwanditsi:

Amafaranga azahabwa uzatwara Super Cup 2026 yakubwe inshuro enye

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, yatangaje ko ikipe izegukana Super Cup 2026 izahabwa Miliyoni 40 z'amafaranga y'u Rwanda naho ikipe ya kabiri izahabwe Miliyoni 20 Frw.

Ni ibikubiye mu itangazo FERWAFA yashyize hanze kuri uyu wa Kabiri binyuze ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze ko Inama idasanwe ya komite nyobozi yayo yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Kanama 2026, yemeje amabwiriza y'irushanwa n'ibihembo bya FERWAFA Super Cup 2026.

FERWAFA yavuze ko ikipe izegukana igikombe izahabwa Miliyoni 40 Frw mu gihe izaba iya kabiri yo izahabwa Miliyoni 20 Frw.

Ikipe izaba iya mbere izahabwa aya mafaranga mu gihe ubusanzwe yahabwaga Miliyoni 10 Frw.

Ku bijyanye n’amabwiriza azagenga imikino ya Super Cup 2026, nta mubare ntarengwa w’abanyamahanga bemerewe kujya mu kibuga mu gihe abakinnyi bemerewe kujya ku rupapuro rw’umukino ari 20.

Abakinnyi 7 nibo bemerewe gusimbura bigakorwa inshuro eshatu.

Imikino ya ½ izakinwa ku wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026, kuri Kigali Pelé Stadium aho Saa cyenda Kiyovu Sports izakina na Mukura VS naho Saa Kumi n'ebyiri n'igice z'umugoroba Rayon Sports ikine na Police FC.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...