Ni
igikorwa yakoze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Mata 2026, aho yari aherekejwe
n’abandi barimo Malaika Uwamahoro, umwe mu bakinnyi ba filime bamenyekanye
cyane mu Rwanda no hanze yarwo.
Alyn Sano yasuye ibice bitandukanye bigize uru rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, aho
yasobanuriwe amateka y’u Rwanda mbere y’ubukoloni, ingaruka zabwo, uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, uruhare rw’Ingabo za RPA mu kuyihagarika,
ndetse n’urugendo rw’Igihugu mu kwiyubaka no kugana ku iterambere.
Nyuma
yo gusura ibi bice, yashyize indabo aharuhukiye inzirakarengane zirenga
ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yabikoze mu rwego rwo kubaha
icyubahiro.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Alyn Sano yavuze ko gusura uru rwibutso ari
inzozi yari amaranye igihe, ariko byasabye ko abanza kwitegura mu mutwe no mu
mutima.
Ati: “Impamvu nahisemo gusura urwibutso ni uko ari ibintu nahoze nifuza. Ni ubwa
mbere nje ubwanjye, kuko numvaga ngomba kubanza kwitegura bihagije. Mbere
numvaga mfite ubwoba, ariko ubu numvise niteguye mu mutwe no mu mutima.”
Yagaragaje
ko yahakuye amasomo akomeye, arimo kumenya neza icyo bisobanuye kuba
Umunyarwanda.
Uyu
muhanzikazi yavuze ko nyuma y’uru ruzinduko yiyemeje kugira uruhare rufatika mu
gukomeza kubwira Isi amateka y’u Rwanda, abinyujije mu mpano ye yo kuririmba
ndetse n’ubuzima bwe bwa buri munsi.
Alyn
Sano kandi yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kwiga amateka, kugira ngo
rubashe guhangana n’abayagoreka.
Yashimangiye
ko kumenya amateka ari ingenzi kuko bifasha umuntu gusobanukirwa ukuri, aho
kugendera ku bihuha cyangwa amakuru atuzuye.
Alyn Sano yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ashimangira ko umuhanzi afite inshingano yo kubwira Isi ukuri kw’amateka

Nyuma
yo gusura urwibutso rwa Jenoside, Alyn Sano yavuze ko agiye gukoresha impano ye
mu kurwanya abagoreka amateka
Mu
ruzinduko rwe ku Gisozi, Alyn Sano yagaragaje ko kwiga amateka ari ingenzi ku
rubyiruko rwifuza kubaka ejo hazaza
Alyn
Sano yahishuye ko gusura Urwibutso rwa Jenoside byamuhaye umukoro wo guhora
ahagarariye neza u Rwanda aho ari hose
Alyn Sano ari kumwe n'abamuherekeje bashyize indabo ku mva ziruhukiyemo inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Alyn Sano na bagenzi be bafashe umunota umwe wo kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Mu
ruzinduko rwe ku Gisozi, Alyn Sano yavuze ko kumenya amateka ari inshingano ya
buri Munyarwanda
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ALYN SANO
AMAFOTO: Yak Nation Images
VIDEO: Melvin- Pro/ InyaRwanda
