Alyn Sano yasubiye muri gakondo ye ‘Gospel’ ? -VIDEO

Imyidagaduro - 21/02/2026 8:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Alyn Sano yasubiye muri gakondo ye ‘Gospel’ ? -VIDEO

Mu gihe abakunzi b’umuziki nyarwanda bakomeje kuryoherwa n’indirimbo nshya ziri gusohoka mu ntangiriro z’uyu mwaka, izina rya Alyn Sano ryongeye kuvugwa cyane nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ye yise ‘Amen’, indirimbo yumvikanamo amashimwe n’ishimwe rishingiye ku Mana.

Alyn Sano si mushya mu ndirimbo zihimbaza Imana. Abamuzi kuva kera bazi ko urugendo rwe rwatangiriye muri Korali, aho yakuze aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Hari n’amashusho yigeze gucicikana ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza akiri muto, aririmba muri korali ari kumwe na bagenzi be, amashusho yatumye benshi bamubonamo impano idasanzwe kuva mu bwana.

Ni yo mpamvu, akimara gusohora ‘Amen’, bamwe mu bakurikiranira hafi ibikorwa bye bihutiye kwibaza niba yaba asubiye mu muziki wa Gospel yakuriyemo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Alyn Sano yasobanuye neza icyerekezo cy’iyi ndirimbo, ahakana ko yaba yahinduye umurongo w’umuziki we.

Ati “Ntabwo nasubiye kuri gakondo nk’uko abantu bashobora kubyumva. Kuko buri wese bitewe n’ibyo akora n’ibyo anyuramo aba akwiye guhora ashima Imana. Numva ari mu bihe byose kuri njye.”

Alyn agaragaza ko ‘Amen’ atari icyemezo cyo guhindura injyana, ahubwo ari ishusho y’amarangamutima n’ibihe yari arimo. Asobanura ko iyi ndirimbo yayikoze mu 2023, ariko ategereza igihe cyiza cyo kuyishyira hanze.

Ati “Nari ngitegereje igihe cya nyacyo cyo gusohoka kubera ibintu byagiye bicamo. Rero, ntabwo nasubiye muri gakondo yanjye, ariko igihe cyose umuntu akwiye guhora ashima.”

Aha, Alyn asa n’ugaragaza ko umuziki kuri we atari injyana gusa, ahubwo ari ubutumwa asohora igihe yumva bubereye.

Uyu muhanzikazi uzwiho kuririmba indirimbo ziganjemo R&B na Afro-pop, avuga ko aririmba ubutumwa aba yiyumvamo, kandi ko ibyo atandukanya n’icyiciro cy’umuziki runaka.

Ati “Njyewe ndirimba ubutumwa bwanjye mba niyumvamo. Kandi ntekereza ko ari nako bimeze no ku bandi.”

Ibi bituma ‘Amen’ iboneka nk’indirimbo yihariye ku rugendo rwe, itari ugusubira inyuma, ahubwo ari indi sura y’inkuru ye nk’umuhanzi.

‘Amen’ yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Run, mu gihe amashusho yayo yafashwe mu gihugu cya Kenya. Yakozwe na David Fernandez afatanyije na David Ndahiriwe ndetse na Ayub Abel.

Indirimbo yanditswe na Alyn Sano afatanyije na Mercury na Daddyisme, bigaragaza ko yayiteguye mu buryo bwitondewe kandi bwagutse.

Amashusho yayo agaragaza ubuhanga mu gutunganya isura (visual aesthetics), ahuza ahantu nyaburanga n’inyandiko irimo amagambo yoroheje ariko akomeye mu butumwa.

Ikigaragara ni uko Alyn Sano atigeze atangaza ko agiye guhindura icyerekezo cy’umuziki we. Ahubwo, ‘Amen’ isa n’aho ari igihamya cy’uko umuhanzi ashobora kuririmba indirimbo ihimbaza Imana bitabaye ngombwa ko yitwa “Gospel artist”.

Mu muziki w’iki gihe, aho imbibi z’injyana zigenda zivangwa, Alyn agaragaza ko ubutumwa ari bwo bw’ingenzi kurusha icyiciro cyashyirwaho.

Alyn Sano yahakanye ko yasubiye muri Gospel nyuma yo gusohora indirimbo ‘Amen’, avuga ko ari amashimwe ku Mana yanditse mu 2023 ategereza igihe cyiza cyo kuyisohora

Nyuma y’uko amashusho ya ‘Amen’ ashyizwe hanze, Alyn Sano yavuze ko atahinduye umurongo w’umuziki we, ahubwo ko yakoze iyi ndirimbo nk’ubutumwa bw’ishimwe yari afite ku mutima

 

Indirimbo ‘Amen’ ya Alyn Sano yatumye benshi bibaza niba yasubiye kuri gakondo yo kuririmba Gospel, ariko asobanura ko ari indirimbo y’ishimwe itavuze ko ahinduye icyerekezo cy’umuziki we

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘AMEN’ YA ALYN SANO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...