Alyn Sano yageze muri Amerika gutarama mu birori biherekeza Igikombe cy’Isi

Imyidagaduro - 17/06/2026 9:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Alyn Sano yageze muri Amerika gutarama mu birori biherekeza Igikombe cy’Isi

Umuhanzikazi Alyn Sano uri mu bakomeje kuzamura ibendera ry’umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga, yatangaje ko yageze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho agomba gutaramira mu birori bya FIFA Fan Festival, biri mu bikorwa biherekeza Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026.

Uyu muhanzikazi yashyize hanze aya makuru abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ibyishimo afite byo kuba ari mu bahanzi bazasusurutsa abazitabira iri serukiramuco ribera mu Mujyi wa Houston kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kamena 2026.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Alyn Sano yavuze ko ari intambwe ikomeye kuri we ndetse no ku muziki nyarwanda, ati: “Nishimiye kubamenyesha ko ndi buririmbe ku rubyiniro rwa FIFA World Cup 26 Houston FIFA Fan Festival uyu munsi.”

Ibi birori bya FIFA Fan Festival byateguwe mu rwego rwo guha abafana b’umupira w’amaguru ahantu bahurira bakarebera imikino, bagasabana ndetse bakanidagadura binyuze mu bitaramo n’ibikorwa bitandukanye by’umuco.

Abategura iki gikorwa bavuga ko Houston izakira abashyitsi baturutse hirya no hino ku Isi, ikabereka umuco wayo, amateka yayo n’uburyo ari umwe mu mijyi ifite uruhare rukomeye mu bukungu n’iterambere rya Amerika.

Mu itangazo ryasohowe n’abategura FIFA Fan Festival Houston, bagaragaje ko iri serukiramuco rizahuza umunezero w’umupira w’amaguru n’imyidagaduro, rikagaragaza umwihariko w’uyu mujyi binyuze mu biribwa, umuziki n’abahanzi batandukanye bazatarama.

Umuyobozi wa FIFA Fan Festival Houston, Patti Smith, yavuze ko iki gikorwa kirenze kureba umupira gusa. Yagize ati: “FIFA Fan Festival Houston si ahantu ho kurebera imikino gusa, ahubwo ni umunsi mukuru ugaragaza abantu, ibiryo n’umuco biranga uyu mujyi. Twishimiye kuwumurika ku rwego rw’Isi no kwakira abantu baturutse impande zose z’Isi.”

Kuba Alyn Sano ari mu bahanzi bazaririmba muri ibi birori ni indi ntambwe ikomeye ku rugendo rwe rwa muzika, ndetse bikaba ari n’ishema ku Rwanda kuko akomeje kubona amahirwe yo kwigaragaza mu bikorwa bikomeye mpuzamahanga bihuriza hamwe ibihumbi by’abafana n’abakunzi b’imyidagaduro.

Alyn Sano amaze imyaka agaragaza ubudasa mu muziki we, aho yamenyekanye mu ndirimbo zakunzwe zirimo ‘Ntibikunda’, ‘Tamu Sana’, ‘Chop Chop’ yakoranye na Ben Soul, ‘Boo and Bae’ n’izindi nyinshi zamufashije kubaka izina mu Rwanda no hanze yarwo.

Kwamamaza umuziki nyarwanda ku rubyiniro ruherekeza Igikombe cy’Isi cya FIFA ni amahirwe akomeye kuri Alyn Sano, ndetse bikaba byitezwe ko azatanga igitaramo kizongera kumenyekanisha impano ye imbere y’abafana baturutse mu bice bitandukanye by’Isi.

Alyn Sano yashimishijwe no kuba ari mu bahanzi bazaririmba mu birori biherekeza imikino y’igikombe cy’Isi ‘Fifa Fan Festival’


Alyn Sano ari kubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2026


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...