Alvin Smith yaje i Kigali avuga impamvu yifashishije umukunzi we mu ndirimbo na Da Rest-VIDEO

Imyidagaduro - 21/07/2023 1:22 PM
Share:

Umwanditsi:

 Alvin Smith yaje i Kigali avuga impamvu yifashishije umukunzi we mu ndirimbo na Da Rest-VIDEO

Umuhanzi wo mu Burundi Alvin Smith yatangaje ko atari ubwa mbere yifashishije umukunzi we Nirna Arakaza mu ndirimbo ze, biri no mu byatumye amwiyambaza mu ndirimbo 'Gutwika' yakoranye n'umuhanzi w'umunyarwanda Da Rest.

Yabitangarije InyaRwanda nyuma y'uko ageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 20 Nyakanga 2023  mu rugendo rugamije kwamamaza iyi ndirimbo ye nshya.

Alvin yavuze ko umukunzi we Nirna Arakaza adakunze kumara igihe kinini mu Mujyi wa Bujumbura, kuko sanzwe atuye muri Canada.

Yavuze ko iyo umukunzi we yamusuye, akoresha icyo gihe akamwifashisha mu ndirimbo, ariko kandi ngo nta mukobwa mwiza mu Burundi uruta umukunzi we yakwifashisha mu ndirimbo.

Ati "Ndamwifashisha. Kuko mu Burundi nta mukobwa mwiza dufite nk'umugore wanjye. Abakobwa beza barahari [Mu Burundi] ariko ntabwo bajya bajya muri 'Video' barabyanga, barabitinya, kubera ko n'amafaranga ari make."

Yavuze ko atajya gutakaza amafaranga yishyura undi mukobwa kugirango amwifashishije mu ndirimbo ye kandi ari kumwe n'umugore 'nawe mwiza'.

Ati "Mfite umugore mwiza muvandimwe, niyo mpamvu mushyira mu ndirimbo. Ni umugore wanjye, kandi ni umuntu unshyigikira cyane, ikindi antera inkunga. Niyo mpamvu rero."

Alvin amaze iminsi ashyize imbere gukorana indirimbo n’abahanzi b’i Kigali. Afitanye indirimbo n’umuhanzikazi Bwiza bise ‘Turajana’, anafitanye indirimbo na Juno Kizigenza bise ‘Akadaje’.

Uyu musore uzwi nka ‘La Vache Originale’ asanzwe ari umunyamuziki, umwanditsi w’indirimbo mu Burundi akaba n'umuraperi.

Da Rest aherutse kubwira InyaRwanda ko bakoranye indirimbo biturutse ku kuba ‘yarakunze ibyo nkora’. Ati “Twafatanyije nk’umuntu wakunze ibyo nkora, yifuje ko twakorana."

Uyu musore avuga ko amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe mu Mujyi wa Bujumbura mu gihe gishize  kandi ko yamaze gushyirwaho akadomo.

Ku wa 2 Nyakanga 2023, nibwo Uwimana Alvin [Alvin Smith] yasabye anakwa umukunzi we Nirna Arakaza.

Kuva icyo gihe, Alvin agaragaza amarangamutima ye kuri uyu mukunzi we yihebeye. Yigeze kwandika avuga ko ahawe amahirwe yo kongera guhitamo umukunzi yahitamo Nirna Arakaza.

Da Rest akoranye indirimbo na Alvin Smith nyuma y’igihe gito gishize atangiye urugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga nyuma yo kuva mu itsinda Juda Muzik.

Uyu musore aherutse gusohora indirimbo ya kabiri yise ‘You’ aho avuga ku muntu ukundana n’undi ariko adafite ubushobozi bungana n’uwo bakundana amubaza icyo amukundira kandi ari uwo ku muhanda udafite n’igitanda cyangwa amafaranga.

Amusezeranya ko azamurwanirira uko byagenda kose bitewe n’uko aba abona amukunda. Da Rest avuga ko ibyo yaririmbye muri iyi ndirimbo ari ibintu bikunze kubaho cyane.


Alvin yavuze ko umugore we ari mwiza bihagije ku buryo adakeneye kujya kwishyura abandi bakobwa yifashisha mu ndirimbo


Alvin yifashishije umugore we Nirna Arakaza mu ndirimbo na Da Rest 

Da Rest yavuze ko Alvin Smith yakunze ibikorwa bye bituma yiyemeza guhuza imbaraga nawe 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘GUTWIKA’ YA DA REST NA  ALVIN SMITH

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...