Alliance Evangelique au Rwanda yatoye Abayobozi bashya, Dr.Bishop Bunini Gahungu ashimira Leta y'u Rwanda

Iyobokamana - 28/06/2025 11:09 AM
Share:
Alliance Evangelique au Rwanda yatoye Abayobozi bashya, Dr.Bishop Bunini Gahungu ashimira Leta y'u Rwanda

Umuryango w’Ivugabutumwa mu Rwanda [Alliance Evangelique au Rwanda] watoye Abayobozi bashya, unavugurura itegeko rigenga uyu muryango.

Kuwa Kane, tariki ya 27 Kamena 2025, mu Karere ka Kicukiro mu cyumba mberabyombi cya Assemblee de Dieu, habereye inama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Ivugabutumwa mu Rwanda (Alliance Evangélique au Rwanda - AER), yahuje amatorero anyuranye abarizwa muri uwo muryango.

Iyi nama yibanze ku gutora ubuyobozi bushya no kuvugurura amategeko shingiro y'umuryango, hagamijwe kuyahuza n’igihe  n’icyerekezo cy’igihugu, nk’uko amabwiriza y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) abiteganya.

Nyuma yo kuvugurura amategeko, abanyamuryango batoye ubuyobozi bushya buzayobora AER mu gihe cy’imyaka itanu. Ubuyobozi bushya bugizwe n’aba bakurikira:

  • Perezida: Bishop Gatabazi Alfred

  • Visi Perezida: Bishop Uwamahoro Felix

  • Umunyamabanga Mukuru: Bishop Dr. Esron Maniragaba

  • Umunyamabanga Mukuru Wungirije: Bishop Kabutware Claude

  • Umwanditsi: Canon Sebahizi Victor

  • Umubitsi: Bishop Benegusenga Emmanuel

  • Umujyanama mu by’amategeko: Bishop Dr. Emmanuel Safari

Hanashyizweho kandi abayobozi b’amakomisiyo yihariye, bashinzwe ibikorwa bitandukanye by'umuryango:

  • Komisiyo y’Imibereho Myiza: Mbanzabugabo Aminadabu

  • Komisiyo y’Ivugabutumwa n’Inama: Apostle Augustin Gakwaya

  • Komisiyo y’Iterambere ry’Umugore: Pastor Jane Bisangwa

  • Komisiyo y’Urubyiruko: Pastor Ndagijimana Charles

Ubutumwa bwa Perezida ucyuye igihe

Bishop Dr. Bunini Gahungu, wari umaze imyaka 27 ayobora AER, yashimiye Imana yamuhaye imbaraga zo kuyobora umuryango kuva bawutangiza bafite abanyamuryango 17 kugeza ubu bakaba bageze kuri 70. Yashimiye Leta y’u Rwanda ku mikoranire myiza, avuga ko batigeze bagirana ikibazo n’inzego za Leta, ahubwo zagize uruhare runini mu iterambere rya AER.

Yashimiye by'umwihariko komite zagiye ziyobora mu bihe bitandukanye ndetse anifuriza amahirwe ubuyobozi bushya, ahamya ko bwiteguye gukomeza umurimo neza.

Imihigo y’ubuyobozi bushya

Bishop Gatabazi Alfred, Perezida mushya wa AER, yavuze ko muri manda ye y’imyaka 5 azibanda ku guteza imbere ivugabutumwa, kubaka umubano mwiza n’inzego za Leta, guteza imbere imibereho myiza y’abakirisitu mu buryo bw’umwuka n’umubiri, no gushishikariza abayobozi b’amatorero kuzuza ibisabwa na RGB, birimo kwita ku myigishirize n’ibikorwaremezo by’ahabera amateraniro.

Yagize ati: “Dutowe mu bihe bitari byoroshye, aho insengero nyinshi z’abanyamuryango zifunze. Ariko tuzakorana imbaraga n’ubwitange kugira ngo dusohoze inshingano zacu mu bwitange n’ubutwari, dufatanyije na bagenzi banjye.”

Alliance Evangelique au Rwanda yatoye Abayobozi bashya barangajwe imbere na Bishop Gatabazi Alfred

Dr.Bishop Bunini Gahungu ucyuye igihe hamwe na  Gatabazi Alfred uyobiye Komite Nshya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...