Alien Skin yahishuye impamvu yanze kuririmba mu birori by’isabukuru ya Yoweri Museveni

Imyidagaduro - 06/06/2024 10:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Alien Skin yahishuye impamvu yanze kuririmba mu birori by’isabukuru ya Yoweri Museveni

Umwe mu bahanzi bagezweho mu gihugu cya Uganda, Alien Skin yahishuye ko yanze kuririmba mu birori by’isabukuru ya Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kubera ko bamuhaye amafarana macye nyuma yabona adakomeje kumwinginga yandika asaba kuririmbira Ubuntu ariko barabyanga.

Ubwo Perezida Museveni yizihizaga isabukuru y’imyaka 79, yakoresheje ibirori by’akataraboneka byabereye ku kibuga cya Kololo byitabirwa n’ibihumbi by’abantu bari bavuye mu gihugu hose ndetse banahabwa ubuvuzi bw’ubuntu aho habayeho igikorwa cyo gupima abantu indwara z’amoko yose kandi ku buntu.

Muri ibi birori, byari byitezwe ko umuhanzi Alien Skin ataramira abitabiriye ibi birori ariko biza kurangira Atari uko bigenze ahubwo umuhanzi Coco aba ariwe wigaragaza muri ibi birori by’akataraboneka.

Mu kiganiro yagiranye na Exclusive Bizz, umuhanzi Alien Skin yatangaje ko yahawe amafaranga macye hanyuma yasaba ko bamwongerera bakabyanga nyuma yaza no gusaba kuririmbira Ubuntu nabwo bakabyanga.

Alien Skin yavuze ko yari yahawe Miliyoni 30Ugx ariko we asanga zitari ku rwego rwe hanyuma asaba ko yahabwa Miliyoni 50Ugx ariko barazimwima. Nyuma yo kubona ko ntazo bamuhaye, yanditse asaba ko bamureka akaririmbira Ubuntu ariko ubwo busabe bwe bunyuzwamo umurongo.


Yoweri Kaguta Museveni asanzwe yizihiza umunsi w'amavuko we Ku wa 15 Nzeri.

Alien Skin yanze Miliyoni 30 Ugx ashaka Miliyoni 50 Ugx aza gusaba no kuririmbira ubuntu baramwangira

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...