Alfaro yahakanye yivuye inyuma ibirego byo gutuka no gusebya umubyeyi wa Deschamps

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 05/07/2026 12:45 PM
Share:

Umwanditsi:

Alfaro yahakanye yivuye inyuma ibirego byo gutuka no gusebya umubyeyi wa Deschamps

Umutoza w'ikipe y'igihugu ya Paraguay, Gustavo Alfaro, yahakanye yivuye inyuma amakuru avuga ko bamwe mu bagize ikipe ye batutse umutoza w'u Bufaransa, Didier Deschamps, ndetse bakamukomeretsa bavuga nabi umubyeyi we uherutse kwitaba Imana.

Ibi byabaye nyuma y'umukino wa 1/8 cy'Igikombe cy'Isi cya 2026 wabereye kuri Lincoln Financial Field, ukaba warangiye u Bufaransa butsinze Paraguay igitego 1-0 cyatsinzwe na Kylian Mbappé kuri penaliti mu gice cya kabiri.

Uyu mukino waranzwe n'ubushyamirane bwinshi hagati y'impande zombi, aho abakinnyi ba Paraguay bakinnye umukino ukomeye kandi urangwa no gukoresha imbaraga nyinshi. Mbappé, Adrien Rabiot, Jules Koundé na Michael Olise bari mu bakinnyi bakorewe amakosa akomeye.

Nyuma y'umukino, Deschamps yavuze ko intebe y'abatoza b'u Bufaransa yatutswe, agira ati: "Nari kwifuza ko ayo magambo y'ibitutsi atavugirwa ku ntebe yacu. Hari amwe muri yo atari akwiriye rwose."

Aya magambo yahise akurikirwa n'ibihuha byavugaga ko harimo n'ibyerekezaga ku mubyeyi wa Deschamps uherutse kwitaba Imana, ibintu Alfaro yamaganiye kure.

Yagize ati: "Oya, rwose ibyo si ukuri. Umupira w'amaguru ntugomba kugera aho umuntu atuka undi mu buryo nk'ubwo. Sinigeze numva amagambo nk'ayo, kandi nzi neza abo dukorana ko batabikora."

Yakomeje avuga ko habayeho kutumvikana ku byemezo bya VAR, aho buri ruhande rwavugaga icyo rubona, ariko ko ibyo bitigeze bihinduka ibitutsi byo gusebya umuntu cyangwa umuryango we.

Ati: "Umupira w'amaguru si intambara. Sinshobora gusaba imbabazi ku kintu ntazi ko cyabaye, ariko ndwanya cyane imyitwarire nk'iyo. Iyo mba nabyumvise, ni njye wa mbere wari guhaguruka nkabihagarika."



Alfaro yanavuze ko nyuma y'umukino yahise ajya gusuhuza Deschamps, amwifuriza amahirwe yo gukomeza kugera ku mukino wa nyuma no kwegukana Igikombe cy'Isi. Ati: “Namubwiye ko mwifuriza kuzagera ku mukino wa nyuma no kuba Nyampinga w'Isi. Ndetse na mbere y'umukino nari namubwiye ko afite ikipe ikomeye cyane."

Igitego cyahesheje intsinzi u Bufaransa cyabonetse nyuma y'uko Desire Doue acenze ba myugariro babiri ba Paraguay mbere yo kugushwa mu rubuga rw'amahina. Umusifuzi Ilgiz Tantashev yari yabanje kwanga gutanga penaliti, ariko nyuma yo kureba amashusho ya VAR ahindura icyemezo.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Mirror, imisifurire y'uyu musifuzi yakomeje kuvugisha benshi, kuko yerekanye amakarita atatu y'umuhondo ku Bufaransa, ariko Paraguay ntiyigeze ihabwa n'imwe, nubwo hari ibikorwa byinshi byakemanzwe.

Mu byagaragaye harimo Gustavo Velázquez wakubise Mbappé mu buryo bwagaragaye, ndetse na Matías Galarza wakoze amakosa akomeye ku bakinnyi b'u Bufaransa, ariko ntihagira igihano gikomeye gifatwa.

Nyuma yo gukomeza muri 1/4 cy'irangiza, u Bufaransa buzahura na Morocco, ishaka kongera gukora amateka nyuma yo kugera muri 1/2 cy'Igikombe cy'Isi cya 2022. Naho Didier Deschamps akomeza gukurikiranira hafi uko abakinnyi be bameze nyuma y'umukino wari urimo guhangana gukomeye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...