Alex Muyoboke agiye kwandika igitabo gikubiyemo imyaka 20 amaze mu muziki - VIDEO

Imyidagaduro - 29/08/2026 2:32 PM
Share:

Umwanditsi:

Alex Muyoboke agiye kwandika igitabo gikubiyemo imyaka 20 amaze mu muziki - VIDEO

Alex Muyoboke, umwe mu bantu bamaze igihe kinini bagira uruhare mu iterambere ry’umuziki nyarwanda, yatangiye gutekereza ku gitabo kizagaruka ku rugendo rw’imyaka isaga 20 amaze mu nganda ndangamuco, by’umwihariko mu muziki.

Ni igitabo avuga ko ashaka kuzanyam ibyo yanyuzemo, ibyo yamenye ndetse n’amasomo yakuye mu rugendo rurerure amaze agira uruhare mu muziki nyarwanda, aho yagiye akorana n’abahanzi batandukanye, bamwe muri bo bakaba baraje kuba ibyamamare bikomeye.

Muyoboke si izina rishya mu muziki nyarwanda. Ni umwe mu bantu bagiye bagira uruhare mu rugendo rw’abahanzi benshi, cyane cyane mu bijyanye no kubafasha gucunga no guteza imbere umwuga wabo.

Mu myaka isaga 20 amaze muri uru ruganda, yakoze imirimo itandukanye, kuva mu bucuruzi bw’amakaseti y’indirimbo, gutegura ibitaramo, kugeza ku kuba umujyanama w’abahanzi.

Muyoboke avuga ko igitekerezo cyo kwandika igitabo kivuga ku rugendo rwe amaze igihe agitekerezaho.

Nubwo ataragera ku rwego rwo gutangira kwandika igitabo ubwacyo, yatangiye gukusanya amakuru no kuganira n’abantu banyuranye bagize uruhare mu bikorwa yagiye akoramo, kugira ngo ibyo azashyira mu gitabo bizashingire ku makuru afatika.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Muyoboke yavuze ko imyaka amaze mu muziki ari myinshi ku buryo atifuza ko ibyo yanyuzemo, ibyo yize n’amakuru afite byazimira cyangwa ngo bigume mu mutwe we gusa.

Ati: “Cyane rwose! Ahubwo reka mbitangarize aha. Ntabwo ndi umwanditsi, kandi iyo ugiye kwandika igitabo urabanza ugaha ibitekerezo umwanditsi cyangwa uzagufasha kucyandika.”

Yakomeje avuga ko urugendo rwe mu nganda z’ubuhanzi rwatangiye kera, ndetse ko hari byinshi yagiye abona kandi akagiramo uruhare ku buryo yumva bikwiye kubikwa mu nyandiko.

Ati: “Iyi myaka ni myinshi ndi mu rugendo rw'inganda z'ubuhanzi, uhereye mu 1990 ncuruza ‘Cassette’, gufasha abahanzi, gutera ibitaramo kugeza muri 2006 ntangiye kureberera inyungu abahanzi (Management).”

Muyoboke avuga ko ubu ari kuvugana n’abantu batandukanye kugira ngo bazamufashe gukusanya amakuru azamufasha kubaka icyo gitabo.

Ati: “Ndabitekereza, kandi koko nkegera abantu tukaganira, nkavuga nti ni gute ibi bintu mbyamvamo nkazagira aho mbisiga. Kuko ni byinshi, abenshi wenda batabizi, njya mbona babihakana ariko twebwe buriya dukoresha ibimenyetso.”

Yongeraho ati: “Ntabwo ndatangira kwandika igitabo, ahubwo ndacyaganira n'abo bantu, mbaza nti bikorwa gute? Bikora gute? Kugira ngo ibindimo mbisohore mbitange.”

Kugira ngo umuntu yumve impamvu Muyoboke yumva afite byinshi byo kuvuga ku muziki nyarwanda, bisaba gusubira inyuma gato mu mateka ye.

Yisanze mu bikorwa bifitanye isano n’umuziki kuva mu 1997, ariko we ubwe avuga ko yatangiye gukora ibikorwa by’umuziki mu buryo bweruye cyane cyane mu 2006.

Akiri mu mashuri yisumbuye, Muyoboke yacuruzaga amakaseti [cassettes] yariho indirimbo. Ubu bucuruzi bwatumye arushaho kwegera umuziki no kuwumenya, mbere y’uko aza kwinjira mu bijyanye no gufasha abahanzi mu buryo bw’umwuga.

Nyuma yatangiye gutegura ibitaramo bito i Butare afatanyije n’umunyamakuru David Bayingana. Muri urwo rugendo ni bwo yamenyanye n’abahanzi bamwe mu ba mbere, barimo Tom Close.

Icyo gihe, ibikorwa bye byari bitangiye guhinduka buhoro buhoro, kugeza ubwo yinjiye mu micungire y’abahanzi.

Muyoboke avuga ko igitekerezo cyo kuba umujyanama w’abahanzi yagikuye muri Uganda.

Ni ho yabonye umuhanzi Michael Ross Kakooza, bituma atangira kubona ko umuhanzi ashobora kugira umuntu umufasha gucunga umwuga we, kumushakira amahirwe no kumufasha mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’umuziki.

Iki gitekerezo yaje kugishyira mu bikorwa mu Rwanda, aho yatangiye gukora Management mu buryo bweruye mu 2006.

Mu myaka yakurikiyeho, Muyoboke yakoranye n’abahanzi batandukanye, bamwe mu bafite amazina akomeye mu muziki nyarwanda.

Yabaye mu bikorwa bya Tom Close kuva mu 2006 kugeza mu 2010, akorana na The Ben kuva mu 2008 kugeza mu 2010, Dream Boyz mu 2011-2012, Urban Boyz mu 2012-2013, Social Mula kuva mu 2013 kugeza mu 2016, Davis D mu 2013-2014, ndetse na Charly & Nina kuva mu 2013 kugeza mu 2018, n’abandi.

Ibi byatumye aba umwe mu bantu bafite ubunararibonye budasanzwe mu bijyanye n’imikorere y’abahanzi, kuko yagiye abona impande zitandukanye z’urugendo rw’umuhanzi: kuva ku gutangira kuzamuka, kubaka izina, gushaka abafana, gukora ibitaramo, kugeza ku micungire y’amafaranga n’amasezerano.

Ni ubunararibonye avuga ko ashaka kuzashyira hamwe, bukazavamo igitabo kizaba ari nk’ubuhamya bw’umuntu wabaye hafi y’umuziki nyarwanda mu bihe bitandukanye.

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibitekerezo bye, Muyoboke ni we washinze Decent Entertainment, kompanyi yanyuzemo mu bikorwa byo gufasha abahanzi no guteza imbere ibikorwa byabo.

Nyuma y’imyaka myinshi mu micungire y’abahanzi, ibikorwa bye byagiye byaguka.

Muri iki gihe, Muyoboke yashinze Voxa Group, ari nayo anyuzamo ibikorwa bitandukanye birimo gutegura ibitaramo.

Ibi bigaragaza ko urugendo rwe rutagarukira gusa ku micungire y’abahanzi, ahubwo ko yagiye akora no mu bindi byiciro by’inganda ndangamuco n’imyidagaduro.

Igitekerezo cya Muyoboke cyo kwandika igitabo kije mu gihe umuziki nyarwanda umaze gutera imbere cyane, ariko hakaba hakiri ikibazo cyo kubika mu buryo burambye amateka y’abawugizemo uruhare.

Mu gihe abahanzi, abajyanama babo, abatunganya umuziki, abanyamakuru, abategura ibitaramo n’abandi bagize uru ruganda bakomeza guhindura isura y’umuziki, hari inkuru nyinshi z’ibyabaye zitajya zigera mu nyandiko.

Muyoboke we avuga ko afite byinshi byo gusangiza abantu, haba ku byagenze neza ndetse no ku byananiranye.

Ni yo mpamvu adashaka ko icyo gitabo kiba inkuru y’ibyamamare gusa, ahubwo ashaka ko cyagaragaza n’uruhande rutajya ruvugwa cyane: uko uru ruganda rwubatse, ibibazo rwanyuzemo, amakosa yakozwe, ibyo abantu bize n’uko ibisekuru bizakurikiraho byabyigiramo.

Kandi kuba yarabaye hafi y’abahanzi benshi mu bihe bitandukanye, akagira uruhare mu rugendo rwabo, bituma ubuhamya bwe bushobora kuzaba bufite umwihariko.


Kuva ku gucuruza amakaseti akiri umunyeshuri, gutegura ibitaramo i Butare, kugeza ku gukorana n’abahanzi bakomeye no gutegura ibitaramo binini, Alex Muyoboke afite urugendo rurerure rushobora kuvamo igitabo cy’ubuhamya bw’umuntu wabaye hafi y’umuziki nyarwanda mu myaka isaga 20

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ALEX MUYOBOKE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...