Album yagizwemo uruhare na Yago Pon Dat yatwaye igihembo cya ‘Global Music Awards’

Imyidagaduro - 05/02/2026 2:41 PM
Share:

Umwanditsi:

Album yagizwemo uruhare na Yago Pon Dat yatwaye igihembo cya ‘Global Music Awards’

Umuhanzi Yago Pon Dat ari mu byishimo bikomeye nyuma y’uko The World Album, umuzingo mpuzamahanga yagizemo uruhare, wegukanye igihembo gikomeye “the Gold Medal & Best in Show” mu bihembo bya Global Music Awards, byatanzwe ku wa 2 Gashyantare 2026 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yago Pon Dat yagize uruhare muri uyu mushinga binyuze mu ndirimbo ye “Vis-à-vis”, yashyizwe muri The World Album, album ifatwa nk’umwe mu mishinga ihambaye kurusha indi yose yigeze ikorwa mu mateka y’umuziki mpuzamahanga.

The World Album yakozwe binyuze muri International Artists Project, umushinga wihariye ugamije guhuza abahanzi bakomoka mu bihugu byose byo ku Isi.

Ni yo album ya mbere mu mateka yahuje umuhanzi umwe wavukiye muri buri gihugu cyose ku Isi, ikaba ifatwa nk’ikirango cy’ubumwe n’imikoranire y’abantu binyuze mu muziki.

Uyu muzingo ugizwe n’indirimbo 200, zakozwe mu ndimi 93 zitandukanye, zishingiye ku njyana 121, zose hamwe zigize igihe kirenga amasaha 12.

Abateguye uyu mushinga bawusobanura nk’“album y’Isi yose, yakozwe n’Isi yose” bagaragaza ko umuziki ari ururimi rudafite imbibi, rushobora guhuza abantu bose hatitawe ku gihugu, ururimi cyangwa umuco.

Mu bihembo bya Global Music Awards, imishinga ibihumbi n’ibihumbi iva hirya no hino ku Isi yarahiganwe.

Nubwo hari iyahawe ibihembo bya Bronze na Silver, ndetse n’iyegukanye Gold, umushinga umwe gusa ni wo wahawe igikombe kiruta ibindi cyiswe Best in Show, gihabwa umushinga uba wahize indi yose mu bwiza, umwimerere n’ingaruka ku rwego mpuzamahanga.

Icyo gihembo cyahawe The World Album, biyishyira ku mwanya wa mbere w’umushinga mwiza w’umwaka wa 2026 muri Global Music Awards.

Global Music Awards ni ibihembo mpuzamahanga byashinzwe mu 2011, bigamije gushimira no guteza imbere umuziki wigenga, bishyira imbere ubuziranenge bw’ibihangano n’ubutumwa bwabyo aho kwibanda ku bwamamare cyangwa imbaraga z’ibigo bikomeye by’umuziki. Ibi bihembo bitangwa hashingiwe ku isuzuma ry’akanama k’inzobere mu muziki, atari ku matora y’abafana.

Iyi ntsinzi ifite igisobanuro gikomeye kandi ku rwego mpuzamahanga, kuko ari bwa mbere umuhanzi wo mu gihugu nka Maldives, Ahmed Adhuham, agize uruhare mu mushinga wegukanye igihembo kiri ku rwego rwo hejuru rwa Global Music Awards.

Adhuham yavuze ko iyi ntsinzi ari intambwe ikomeye ku muziki w’igihugu cye, agaragaza ko abahanzi bo mu bihugu bidakunze kugaragara ku ruhando mpuzamahanga bashobora guhatana n’abo ku rwego rwo hejuru bahabwa amahirwe yo gukorana n’abandi.

Ku ruhande rwa Yago Pon Dat, iyi ntsinzi ni ikimenyetso gikomeye cy’uko impano nyarwanda ikomeje kwambuka imipaka, ikinjira mu mishinga ihindura amateka y’umuziki ku Isi.

Ni intambwe igaragaza ko umuhanzi nyarwanda ashobora kugira uruhare mu bikorwa bikomeye mpuzamahanga, bikanamufungurira amarembo yo kumenyekana ku rwego rwo hejuru.


Yago Pon Dat ari mu bahanzi bagize uruhare kuri The World Album yegukanye Best in Show muri Global Music Awards 2026

The World Album yanditse amateka! Yegukanye Gold Medal & Best in Show muri Global Music Awards 2026, umushinga wahuje Isi yose mu muziki umwe 

Indirimbo ‘Vis-à-vis’ ya Yago igaragara mu mushinga wa Album ‘Globa Music Awards’

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO YA YAGO IRI KURI ALBUM MPUZAMAHANGA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...