Iyi kipe isanzwe ikina Shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo kubera ibibazo by’umutekano bimaze igihe muri Sudani, yasubiye iwabo gukina imikino ya kamarampaka izagena amakipe azitabira CAF Champions League na CAF Confederations Cup.
AL Merrikh yari isigaranye imikino ine muri BK Pro League irimo Amagaju FC, APR FC, Al Hilal SC ndetse na Gorilla FC. Iyi mikino yose izakinwa n'ikipe y'abato yabo imaze icyumweru mu Rwanda.
Amakuru InyaRwanda yamenye ni uko imikino ya kamarampaka yo muri Sudani iteganyijwe gukinwa muri uku kwezi kwa Gicurasi 2026, aho amakipe ane azahagararira iki gihugu mu marushanwa Nyafurika.
Muri ayo makipe, abiri azabona itike yo gukina CAF Champions League, mu gihe andi abiri azitabira CAF Confederation Cup. Ni mu gihe Al Merrikh SC ikomeje no guhatanira umwanya myiza muri BK Pro League, nubwo hakiri gahunda yo gusubira gukina amarushanwa yo muri Sudani.



