Akurikiranyweho gukata igitsina cye akagikoresha atwika igaraje rya mugenzi we

Imyidagaduro - 10/07/2026 8:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Akurikiranyweho gukata igitsina cye akagikoresha atwika igaraje rya mugenzi we

Umugabo w’imyaka 36 wo mu mujyi wa Fort Wayne, muri Leta ya Indiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Christopher Peden, akurikiranyweho icyaha cyo gutwika umutungo w’abandi, nyuma yo gukekwaho guteza inkongi y’umuriro mu igaraje rya mugenzi we akoresheje igitsina cye yari amaze gukata, akagitwika, hanyuma akakijugunya mu igaraje maze inkongi igatangira kugurumana.

Amakuru aturuka mu nzego z’ubutabera avuga ko iki gikorwa cyabaye mu rukerera rwo ku wa 6 Gicurasi 2026, ubwo Peden yinjiraga mu igaraje ry’umuturanyi we, agatangiza umuriro imbere ku muryango w’inyubako, ubundi agahira ahunga.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yikase igitsina, akagisukaho lisansi, akagitwikisha ikibiriti, hanyuma akagitwikisha igaraje ry’umuturanyi we. ibi bavuga ko byemezwa n’ibikomere uyu mugabo afite, ndetse icyo gitsina kugeza ubu ntikiraboneka ngo iperereza rigire icyo rikivugaho.

Polisi yatangiye iperereza nyuma yo kwakira amakuru y’umuriro wari watse mu igaraje ndetse n’andi makuru y’umuntu wavugaga ko yatewe icyuma mu mujyi wa Fort Wayne. Abapolisi bahasanze Peden afite ibikomere bikomeye.

Inkuru dukesha ikinyamakuru New York Post ivuga ko ku ikubitiro, Peden yabwiye abashinzwe umutekano ko yari yagabweho igitero n’umuntu utaramenyekana, ariko nyuma aza kwemera ko yari yababeshye, avuga ko ibikomere yari afite ari we wabyiteye.

Abashinzwe iperereza bavuga ko basanze ahabereye ibyaha ibintu birimo icupa rya lisansi, ibibiriti bine ndetse n’icyuma cyo mu gikoni bikekwa ko byakoreshejwe muri icyo gikorwa.

Peden yashinjwe icyaha cyo gutwika ku rwego rwa kane (Level 4 felony arson), aho aramutse ahamijwe iki cyaha ashobora guhanishwa igifungo kigera ku myaka 12.

Polisi yatangaje ko, uyu mugabo yarekuwe by’agateganyo nyuma yo gutanga ingwate y’amadolari 10,000.

Kugeza ubu, impamvu yaba yaratumye akora iki gikorwa ntiratangazwa n’inzego zibishinzwe. Urukiko ntiruratangaza niba igitsina cye cyavuzwe muri uru rubanza cyarabashije kuboneka.

Peden ategerejwe imbere y’urukiko kugira ngo hashyirweho amatariki y’iburanisha ry’urubanza rwe.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...