Akora indirimbo ya mbere byari intambara - Tom Close yahishuye uko yavumbuye impano ya The Ben (VIDEO)

Imyidagaduro - 21/07/2026 8:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Akora indirimbo ya mbere byari intambara - Tom Close yahishuye uko yavumbuye impano ya The Ben (VIDEO)

Hari abantu bagira uruhare rukomeye mu rugendo rw’abahanzi, ariko amateka yabo ntamenyekane uko bikwiye. Mu rugendo rwa Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben, umwe mu bantu bahora bagarukwaho ni Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close, uvuga ko yabonye impano ye hakiri kare, akayitera ingabo mu bitugu kugeza yemeye kuyigaragariza abantu.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Tom Close yasobanuye ko igihe benshi batari bazi ubushobozi bwa The Ben, we yari amaze kububona ndetse akizera ko uwo musore yari afite impano idasanzwe yari ikeneye gusa umuntu uyimufashamo.

Uyu muhanzi yavuze ko umubano we na The Ben utari uw’akazi gusa, ahubwo ko ari ubuvandimwe bwubakiye ku gufashanya kuva bakiri abasore batangiye urugendo rw’umuziki.

Ati: "Ben ni umuvandimwe wanjye. Buriya ukuguru kumwe ntabwo kwagenda. Ni yo mpamvu Imana yaduhaye amaguru abiri. Kumwe gufasha ukundi, ukundi kukakwishingikirizaho kukajya imbere. The Ben ni umuntu twamenyanye twese tugisa nk'aho turi hasi."

Tom Close yavuze ko mu gihe yatangiraga kumenyekana, yahaga The Ben amahirwe yo kumufasha mu ndirimbo ze, nubwo icyo gihe abantu benshi batari bazi ko amajwi bumvaga ari aye.

Ati: "Njyewe ndakora aramenyekana abigizemo uruhare, kuko zimwe mu ndirimbo natangiriyeho ijwi rye ryumvikanagamo abantu batanabizi ko ari we. Igihe cye cyarageze, kuko njye nari nzi impano ye, kandi ntekereza ko nari nyizi kurusha uko we yari ayizi."

Mu byo yibuka cyane muri urwo rugendo, Tom Close yavuze ko kwemeza The Ben kujya muri studio no gukora indirimbo ye ya mbere bitari ibintu byoroshye. Avuga ko byamusabye kumusunika inshuro nyinshi, kugeza ubwo yemeye gutangira gufata umuziki nk'umwuga.

Ati “Nibuka ko twagiye dushwana kenshi yanga kujya muri 'studio', akora indirimbo bwa mbere bwasabaga n'aho byabaye intambara, icyo gihe rero navuga ko Imana ishobora kuba yaranshyize mu buzima bwe kugirango musunike atangire ariko impano yo yari afitite, ibikorwa byose yakoze n'impano ye, kandi nanjye yaramfashije mu gihe yari ataramenyekana."

Aya magambo ashimangira ibyo The Ben na we yagiye agarukaho mu bihe bitandukanye, aho yakunze kuvuga ko Tom Close ari umwe mu bantu bamubereye inkingi ikomeye mu ntangiriro z'urugendo rwe rw'umuziki.

Ubucuti bwabo bwarushijeho gukomera nyuma yo gukorana indirimbo "Thank You", yabaye imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane ndetse ikomeza kuba ikimenyetso cy'umubano udasanzwe bafitanye.

The Ben yanageze aho ahitamo Tom Close nk'umuntu w'imena we (Parrain), agaragaza uburyo amufata nk'umwe mu bamubereye umusingi mu buzima bwe bwa muzika.

Amateka yabo atangira mu mwaka wa 2007, ubwo Tom Close yatangiraga gukorana na The Ben. Mu myaka yakurikiyeho ya 2008 na 2009, The Ben yakundaga kujya aherekeza Tom Close mu bitaramo byabaga muri Kaminuza Nkuru y'u Rwanda i Butare, amufasha kuririmba mbere y'uko na we atangira kumenyekana ku giti cye.

Icyo gihe, kubera uburyo bahoranaga, hari n'abibwiraga ko bombi ari abavandimwe, ibintu byakomeje gukwirakwizwa n'itangazamakuru ryo muri iyo myaka.

Uyu munsi, bombi ni bamwe mu bahanzi bafite ibigwi bikomeye mu muziki nyarwanda. Nubwo buri wese yubatse amateka ye, amagambo ya Tom Close agaragaza ko inyuma y'intsinzi ya The Ben harimo urugendo rurerure rwubakiye ku kwizerana, gufashanya no kubona impano y'undi mbere y'uko isi yose iyibona. 


Tom Close yatangaje ko yamenye impano ya The Ben mbere y’abandi, ibyatumye yiyemeza kumushyigikira

Tom Close ashima The Ben kuba yarumvishije inama ze, kandi yishimira ibikorwa amaze kugeraho mu myaka 19 ishize ari mu muziki

KANDA HANO UREBE IKIGANIROTWAGIRANYE NA TOM CLOSE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...