Ibi
yabivugiye mu kiganiro yagiranye na ‘The Shade Room’, aho yagarutse ku buzima
bwe bwite n’imibanire ye mu bihe bitandukanye.
Uyu
muhanzi w’imyaka 53 y’amavuko, usanzwe azwiho gushyigikira igitekerezo cyo
gushaka abagore benshi (polygamy), yavuze ko mu bihe byashize, ubwo yari afite
abagore benshi bamuzengurutse, ubuzima bwe bwari bworoshye kurusha uko bimeze
ubu ari kumwe n’umugore umwe gusa.
Yagize
ati “Ubuzima bwanjye bwari bworoshye cyane igihe nari mfite abagore benshi
banzengurutse impande zose, ariko kuba ndi kumwe n’umugore umwe gusa biragoye
cyane.”
Aya
magambo ya Akon aje akurikira amakuru yatangajwe mu mezi make ashize, avuga ko
umugore we Tomeka Thiam bari bamaranye imyaka 28 bashakanye, yatanze ubusabe
bwa gatanya, ashingiye ku kutumvikana gukomeye.
Muri
iki kiganiro, Akon yasobanuye ko kuba mu mibanire n’abagore benshi byamuhaga
ituze runaka n’ubworoherane mu buzima, agaragaza ko kuba uri kumwe n’umuntu
umwe bishobora kuzana igitutu kinini ugereranyije n’uko byari bimeze mbere.
Nubwo
yavuze ibi, ubwo yabazwaga ku buzima bwe bw’ubu n’umubare w’abagore ashobora
kuba akundana na bo muri iki gihe, yahisemo kubihisha, abivuga mu buryo busetsa
agira ati: “Nahagaritse kuvuga kuri byo, byanshyira mu bibazo.”
Aya
magambo ya Akon yakomeje gukurura impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe
bemera ibitekerezo bye ku mibanire ishingiye ku gushaka abagore benshi, mu gihe
abandi babinenga bavuga ko bidahuye n’indangagaciro z’iki gihe.
Ibi
kandi byongeye gutuma hibazwa byinshi ku ruhare rw’imibanire mu mibereho
y’ibyamamare, ndetse n’ingaruka ishobora kugira ku buzima bwabo bwite
n’umuryango.
Akon
ni umwe mu bahanzi bafite amateka akomeye mu muziki wa R&B na Hip-Hop ku
isi, aho yigaragaje cyane mu myaka ya 2000 kugeza mu ntangiriro za 2010.
Yatangiye
kumenyekana mu 2004 ubwo yasohoraga album ye ya mbere Trouble, yari iriho
indirimbo zakunzwe cyane nka “Locked Up” na “Lonely”, zamuhesheje kwamamara ku
rwego mpuzamahanga.
Iyi
album yamufunguye imiryango yo gukorana n’abahanzi bakomeye no kwinjira mu
ruhando rw’abahanzi b’imbere muri Amerika no ku isi.
Mu
2006 yasohoye album ya kabiri yise ‘Konvicted’, yarimo indirimbo zakunzwe nka
“Smack That” yakoranye na Eminem na “I Wanna Love You” yakoranye na Snoop Dogg.
Iyi album ni yo yamushyize ku rwego rwo hejuru cyane, imuha ibihembo byinshi
n’amahirwe yo gukorera ibitaramo hirya no hino ku isi.
Yakomeje
gutsinda ku isoko ry’umuziki mu 2008 asohora Album ‘Freedom’, irimo indirimbo
nka “Right Now (Na Na Na)” na “Beautiful”, yakoranye na Colby O'Donis na
Kardinal Offishall.
Uretse
kuba umuhanzi, Akon yanabaye umucuruzi n’umushoramari ukomeye mu muziki, aho
yashyizeho inzu ifasha abahanzi ya Konvict Muzik, yafashije kuzamura amazina
y’abahanzi nka Lady Gaga mu ntangiriro z’urugendo rwe.
Nyuma
y’aho, yagabanyije umuvuduko mu gusohora indirimbo nyinshi, yibanda cyane ku
bucuruzi n’imishinga y’iterambere muri Afurika, harimo n’umushinga wa “Akon
City” n’ibikorwa byo kugeza amashanyarazi ku baturage batayafite.
Muri
rusange, Akon asigaye afatwa nk’umwe mu bahanzi bagize uruhare rukomeye mu
guteza imbere umuziki wa Afurika ku rwego mpuzamahanga, ndetse n’uwubatse izina
rikomeye rihuza umuziki n’ubucuruzi.

Akon
yavuze ko ubuzima bwe bwari bworoshye igihe yari afite abagore benshi,
ashimangira ko kubana n’umugore umwe bimugora kurushaho
