Ku mugoroba wo kuwa Gatanu ni bwo King James yashyize hanze indirimbo ‘Mfata’ iri mu zibyinitse ariko na none ituje. Iri mu njyana ya Zouk.
Uyu muhanzi ufatwa nk’umwami
w’imitoma agaragara mu ndirimbo akina umukino w’urukundo na Diane uri mu
bakobwa bagezweho.
Mu kiganiro gito uyu mukobwa
yagiranye na InyaRwanda, yagize ati "Byari byiza gukorana na we."
Yongeraho ati "Twahujwe n'uwatunganije
amashusho ariko icyo navuga ni umuhanga arashoboye cyane."
Diane 3 Loly nk'uko yitwa ku
mbuga nkoranyambaga ni umwe mu banyamideli bagaragara mu ndirimbo kandi batanga
icyizere.
Avuga ko atazatenguha
abamukunda, ati "Abantu banyitegeho ibikorwa byinshi."
Ku myaka ye 19, amaze kugaragara mu ndirimbo zigera kuri eshatu zirimo Full Stop ya Ish Kevin na Juno Kizigenza. Gusa yamamaye cyane mu yitwa Edeni ya Chriss Eazy.
Kuri ubu ari mu bakobwa bahataniye ibihembo bya Video
Vixen Awards 2023.
King James kuri ubu ari mu mirimo yo gukora kuri Album ya munani. Indirimbo yaherukaga gukora ikaba ni iyitwa "Sinshaka ko uryama ubabaye".
Indirimbo "Mfata" King James
yashyize hanze, yatunganijwe mu buryo bw’amajwi na Knox on the Beat mu gihe
amashusho yayo yakozwe na Meddy Saleh.
KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘MFATA’YA KING JAMES IGARAGARAMO DIANE
">
Diane ari mu ba Video Vixen bari mu bihe byiza
Indirimbo 'Mfata' ya King James ibaye iya gatatu Diane agaragayemo
Yatangaje ko ubu ari bwo agiye gukora bikomeye
King James ufatwa nk'Umwami w'imitoma ageze kure imirimo yo gutunganya Album ya munani
King James ari mu bahanzi bakuru mu muziki nyarwanda ugezweho ndetse aza no ku rutonde rwa b'ibihe byose
