Iyi
gahunda yatangajwe kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Nyakanga 2026 mu birori byabereye
kuri Zaria Court mu Mujyi wa Kigali.
Ni
gahunda igamije gukuraho imwe mu mbogamizi zikunze kubuza benshi gutunga
'smartphone', ari yo kuba igiciro cyo kuyigura kiba kiri hejuru. Ubu umukiriya
ashobora gufata telefone akayishyura buhoro buhoro, yaba buri munsi, buri
cyumweru cyangwa buri kwezi, bitewe n'ubushobozi bwe.
Ni
gahunda ihuza ubunararibonye bwa Airtel Rwanda mu gutanga serivisi z'itumanaho
n'ubunararibonye bwa Watu mu gutanga inguzanyo z'ibikoresho, kugira ngo abantu
benshi barusheho gukoresha internet no kugera kuri serivisi z'ikoranabuhanga.
Umuntu
uguze imwe muri telefone za Samsung ziri muri iyi gahunda ahabwa amahirwe yo
kuyishyura mu byiciro, ariko kandi akanahabwa inyongera zifasha guhita atangira
kuyikoresha.
Muri
izo nyungu harimo: Guhabwa 15GB za internet ku buntu akimara gufata telefone; Gukomeza
kubona 45GB za internet, guhamagara imiyoboro yose ndetse na SMS zitagira
umupaka ku mafaranga 3,000 gusa, iyo paki ikamara iminsi 30 kandi ikishyurwa
hakoreshejwe Airtel Money.
Ibi
bivuze ko umukiriya atabona telefone gusa, ahubwo ahita anabona ubushobozi bwo
kuyikoresha neza kuva ku munsi wa mbere.
Iyi
gahunda iri no mu murongo wa gahunda ya Airtel Rwanda yiswe "Hitamo
Ibirenze (Switch to More)", igamije gutuma serivisi z'itumanaho
n'ikoranabuhanga zirushaho kugera kuri bose ku giciro kiboroheye.
Umuyobozi
Mukuru wa Airtel Rwanda, Sujay Chakrabarti, yavuze ko muri iki gihe telefone
zigezweho zitakiri ibikoresho byo guhamagara gusa, ahubwo zabaye uburyo abantu
bigamo, bakoramo ubucuruzi, bakabona serivisi z'imari ndetse bakanavugana
n'abari hirya no hino ku Isi.
Yasobanuye
ko nubwo ibyo byose ari ingenzi, hari benshi bakomeje kubura ubushobozi bwo
kwishyura amafaranga yose ya telefone icyarimwe. Avuga ko ubufatanye na Watu
bugamije gukuraho iyo mbogamizi, bityo abantu benshi bakabona amahirwe angana
yo kwinjira mu rugendo rw'u Rwanda rwo kwimakaza ikoranabuhanga.
Ati:
"Twifatanyije na Watu kugira ngo dukureho iyo mbogamizi, duhe abakiriya
bacu uburyo bworoshye bwo gutunga smartphone nziza binyuze mu nguzanyo
iboroheye, banungukire ku muyoboro wa Airtel ndetse n'amapaki ya internet afite
agaciro. Ubu bufatanye ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwacu rwo gufasha
buri Munyarwanda kugera ku ikoranabuhanga no kugira uruhare mu iterambere ry'u
Rwanda rishingiye ku ikoranabuhanga."
Ku
ruhande rwa Watu Rwanda, Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry'Ubucuruzi, Emile
Kinuma, yavuze ko muri iki gihe smartphone atari igikoresho cyo guhamagara
gusa, ahubwo ari umuryango ufungura amahirwe menshi.
Yagaragaje
ko ifasha abantu kubona amasomo yo kuri internet, gukoresha serivisi z'imari,
gutangiza no guteza imbere ubucuruzi ndetse no kubona amakuru n'akazi. Yavuze
ko Watu yishimiye gukorana na Airtel Rwanda kugira ngo Abanyarwanda benshi
bagere kuri ayo mahirwe.
Yabwiye
InyaRwanda ati “Amasezerano twagiranye n’ay’igihe kirekire. Icyo abakiriya
bazungukiramo n’uko bishyura mu byiciro, bivuze ko amafaranga yo kugura
telefoni ntabwo bahita bayatanga icyarimwe. Umukiriya iyo aje akatugana, atanga
amafaranga macye kugirango abone telefoni, hanyuma buri Cyumweru, buri kwezi,
buri munsi bitewe n’ubushobozi bwe akishyura.”
Akomeza agira at: “Hanyuma ubwo bufatanye na Airtel Rwanda buzaba buri ku muyoboro wa
Internet ukore neza kandi bamenyereye nk’inyungu nziza ku bakiriya. Telefoni
dutanga ni iza Samsung.”
Umwe
mu baturage bakoranye na Watu Rwanda, yavuze ko “Natangiye gukorana nayo nyuma
y’uko Musaza wanjye ambwiye uburyo batangamo ideni ukabasha gutunga telefoni.”
Ati “Naramubajije nti izihe telefoni bafitemo arazinyereka, birangira mpisemo
iya A17.”
Umuyobozi
ushinzwe iyamamazabikorwa muri Airtel Rwanda, John Magara Gahakwa, yavuze ko
ubufatanye na Watu bizafasha abakiriya babo gutanga ‘Smartphone’ mu buryo
bworoshye.
Ati: “Uyu munsi twatangiye ku mugaragaro serivisi dufitanye n’ikigo Watu gisanzwe
gitanga inguzanyo. Kuri Airtel dukorana kuri serivisi yo gutanga ‘Smartphone’
ku nguzanyo ku bakiriya bacu. Icyo umukiriya asabwa ni ukuza kuri ‘Service Centre’
ya Airtel cyangwa ahantu Samsung ikorera.”
Arakomeza
ati: “Iterambere tugezeho nk’u Rwanda rikeneye ko buri wese atunga ‘Smartphone’
[...] Muri ubu bufatanye dufitanye na Watu twatangije iki gikorwa kandi bimaze
amezi abiri, ubu tumaze kugurisha telefoni 2000, kandi uko abantu bagenda
basobanukirwa, bagenda biyongera.
Ni nde wemerewe
guhabwa iyi nguzanyo?
Kugira
ngo umuntu yemererwe gufata telefone muri iyi gahunda, agomba kuba yujuje ibi
bikurikira: Kuba afite indangamuntu y'u Rwanda ifite agaciro; Kuba afite SIM
Card ya Airtel imaze nibura amezi atandatu ikoreshwa kandi iyanditseho;
Kuba
afite nibura imyaka 18; Gutanga amakuru y'umuntu wa hafi ushobora kuboneka mu
gihe bikenewe (Next of Kin); Kuba nta yindi nguzanyo ya Watu atararangiza
kwishyura; Kwishyura amafaranga y'ibanze (down payment), bitewe n'ubwoko bwa
telefone yahisemo.
Abakiriya
bazajya bishyura amafaranga make bitewe na gahunda bahisemo. Hari abashobora
kwishyura buri munsi, buri cyumweru cyangwa buri kwezi.
Igiciro
gitangirira ku mafaranga 747 Frw ku munsi, naho ubwishyu bwose bukanyuzwa kuri
Airtel Money, bityo ntibibe ngombwa kujya ku biro bya Watu buri gihe.
Kuri
ubu iyi gahunda yatangiye gutangirwa mu mashami ya Airtel Service Shops akorera
mu Mujyi wa Kigali, ndetse no ku bafatanyabikorwa ba Watu na SIMSTEL.
Abayiteguye
bavuga ko intego ari uko mu gihe cya vuba izagera no mu zindi ntara zose z'u
Rwanda kugira ngo abaturage benshi barusheho kubona telefoni zigezweho ku buryo
buboroheye
Binyuze
muri ubu bufatanye, Airtel Rwanda na Watu bavuga ko bifuza kongera umubare
w'Abanyarwanda bafite smartphones, bityo bakabasha gukoresha internet, serivisi
z'imari zishingiye ku ikoranabuhanga, kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga,
guhaha no gukora ubucuruzi kuri internet, ndetse no kubona andi mahirwe aturuka
mu bukungu bwifashisha ikoranabuhanga.

Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel Rwanda yagiranye amasezerano y’ubufatanye na Watu Rwanda ajyanye no gufasha abanyarwanda gutanga ‘Smartphone’ mu buryo bworoshye

Umuyobozi Mukuru wa Airtel Rwanda, Sujay Chakrabarti, yavuze ko ubufatanye na Watu bugamije korohereza Abanyarwanda gutunga smartphones no kwagura amahirwe yo gukoresha ikoranabuhanga

Sujay Chakrabarti yavuze ko Airtel Rwanda ikomeje gushora imbaraga mu gutuma serivisi z'ikoranabuhanga zigera kuri buri Munyarwanda ku giciro cyoroheye bose

Umuyobozi Mukuru wa Watu mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba, Andril Volokha yagaragaje ko amasezerano bagiranye na Airtel Rwanda, azungukira cyane abanyarwanda n’abandi bo mu bindi bihugu bifuza gutunga ‘Smartphone’

Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry'Ubucuruzi muri Watu Rwanda, Emile Kinuma, yavuze ko smartphone yabaye urufunguzo rufasha abantu kugera ku burezi, ubucuruzi n'andi mahirwe atandukanye

Emile Kinuma [Uri iburyo] yavuze ko ubufatanye bwa Watu na Airtel Rwanda buzafasha Abanyarwanda benshi gutunga telefone zigezweho binyuze mu buryo bw'inguzanyo bworoshye kwishyura

Abayobozi ba Airtel Rwanda na Watu bavuga ko ubu bufatanye buzihutisha urugendo rwo kongera umubare w'Abanyarwanda bakoresha smartphones no kubagezaho amahirwe aturuka ku ikoranabuhanga




AMAFOTO: Dox Visual/ Inyarwanda
