Aimé Uwimana yabaye umuramyi wa kabiri utumiwe kuganiriza urubyiruko muri Gen-Z Comedy

Imyidagaduro - 22/09/2025 3:49 PM
Share:

Umwanditsi:

Aimé Uwimana yabaye umuramyi wa kabiri utumiwe kuganiriza urubyiruko muri Gen-Z Comedy

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aimé Uwimana, yabaye umuramyi wa kabiri utumiwe mu gitaramo cy’urwenya kizwi nka Gen-z Comedy.

Uyu muramyi wamamaye mu ndirimbo nka “Muririmbire Uwiteka” azitabira iki gitaramo ku nshuro ye ya mbere ku wa Kane, tariki ya 25 Nzeri 2025, muri Kigali Conference and Exhibition Village (Camp Kigali).

Ni ubwa mbere Aimé Uwimana yitabiriye iki gitaramo kizwiho guhuza urwenya n’umuziki, aho azaha urubyiruko ubutumwa bwo kubaka ubuzima bwiza no kubahumuriza binyuze mu biganiro n’indirimbo ze.

Kugeza ubu, Aime Uwimana akurikiye Prosper Nkomezi, umuramyi uri gutegura Album ye ya kane nawe wigeze gutumirwa muri Gen-z Comedy, bikaba bigaragaza ko iki gitaramo kigeza no ku bahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Fally Merci, utegura ibi bitaramo, yavuze ko yishimiye gutumira Aime Uwimana kuko afite indirimbo n’ubutumwa bifasha urubyiruko.

Yagize ati: “Azaganiriza urubyiruko, hanyuma anabaririmbire. Tugamije kubaha umwanya wo gusetsa no kwidagadura ariko tunabibutsa ko hari indirimbo n’amagambo abubaka mu buzima bwabo bwa buri munsi.”

Iki gitaramo kandi kizasusurutswa n’abanyarwenya b’abanyempano barimo Muhinde, Pilate, Kandi na Musa, Joshua, Isacal, Clement Inkirigito n’abandi batandukanye.

Gen-z Comedy ni bimwe mu bitaramo byamamaye mu Rwanda mu guhuza urwenya, umuziki ndetse n’ibiganiro byubaka, bigahurizwamo urubyiruko n’abakunzi b’imyidagaduro mu buryo bworoheje kandi buryoheye buri wese.

Aimé Uwimana ni umwe mu baririmbyi bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda. Yatangiye umuziki mu myaka ya za 1995, akorana n’amakorali atandukanye mbere yo kwinjira mu muziki ku giti cye. Ubu arizihiza imyaka 30 ishize ari mu rugendo rw’umuziki nk’umuhanzi wigenga.

Indirimbo ze zakunzwe cyane zirimo “Muririmbire Uwiteka”, “Iminsi yose’’, ‘‘Inkovu z’urukundo’’, ‘‘Tu es mon refuge’’, ‘‘Thank” n’izindi zagiye zibera ihumure abakristo n’urubyiruko. Aherutse gukorana indirimbo na Bosco Nshuti yitwa "Ndashima".

Uretse kuririmba, azwiho no gufasha mu gutoza no kurera abahanzi bato mu muziki wa Gospel, ibintu byamugize umuyobozi w’icyitegererezo mu rugendo rw’abaramyi bashya, bituma benshi bamufata nka ‘Bishop w’abahanzi’.

Umuramyi w’indirimbo nka “Muririmbire Uwiteka” ategerejwe ku rubyiniro rwa Camp Kigali ku wa 25 Nzeri 2025 


Uwimana Aimé yamenyekanye mu ndirimbo ‘‘Muririmbire Uwiteka’’, ‘‘Une Lettre d’Amour’’, ‘‘Ngwino mukiza twibanire’’, ‘‘Iminsi yose’’, ‘‘Urwibutso’’, ‘‘Inkovu z’urukundo’’ n’izindi 


Aime Uwimana yitezweho indirimbo z’umwuka mu gitaramo kizwiho gusetsa no kwidagadura

REBA INDIRIMBO "MURIRIMBIRE UWITEKA" YA AIME UWIMANA

REBA HANO INDIRIMBO AIME UWIMANA YAKORANYE NA BOSCO NSHUTI



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...