Hari
abakomeje kugaragaza impungenge ko iri koranabuhanga rishobora gusimbura impano
z’abahanzi, ariko umuririmbyi w’umunya-Kenya, Bien-Aimé Baraza uzwi cyane nka
Bien we abibona ukundi.
Asanga
AI atari umwanzi w’umuziki, ahubwo ari igikoresho gishobora gutuma abahanzi
bafite impano barushaho kuzamura urwego rwabo.
Yavuze
ko iri koranabuhanga ryamaze kwinjira cyane mu buzima bwa buri munsi ku buryo
riri no guhindura ibyo abantu bumva ku mbuga nkoranyambaga no ku mbuga zicuruza
umuziki.
Yatanze
urugero rw’indirimbo cyangwa amajwi yakwirakwijwe cyane hifashishijwe indirimbo
ya Stromae, aho imwe muri ‘verisiyo’ zakunzwe cyane yakozwe hifashishijwe AI,
ikoresheje ijwi n’imisusire by’umuhanzi Stromae.
Bien
yavuze ko ibyo bigaragaza uburyo iri koranabuhanga rimaze gutera imbere ku
buryo rishobora kuyobya n’abakurikiranira hafi umuziki.
Nubwo
hari abifuza ko AI yashyirirwaho amategeko akomeye ayigabanya, Bien we
ntashyigikiye uwo murongo. Ahamya ko kuyikumira bidashoboka kuko yamaze kuba
kimwe mu bikoresho abantu bakoresha mu buzima bwa buri munsi.
Yagize
ati: "Sinifuza ko AI igenzurwa cyangwa igabanywa. Njye mbona ari
igikoresho. Yamaze kuba igice cy'ubuzima bwacu kandi izakomeza guhindura
inganda zitandukanye, harimo n'iz’umuziki."
Uyu
muhanzi avuga ko AI idatanga impano ku muntu utazifite, ahubwo ifasha ufite
ubushobozi kubukoresha neza kurushaho. Mu magambo ye, abahanzi bazamenya
kuyikoresha neza ni bo bazarusha abandi. Ati: "Abahanga bazayikoresha neza
bazarushaho kuba abahanga."
Bien
yagereranyije AI n’uburyo abakora umuziki basanzwe bifashisha porogaramu
zitunganya amajwi (music production software). Yasobanuye ko muri iki gihe
abatunganya indirimbo batagikenera gucuranga buri ngoma cyangwa buri gikoresho
cy’umuziki mu buryo bwa gakondo, ahubwo bakoresha amajwi yabugenewe
n’ikoranabuhanga kugira ngo bakore indirimbo zinoze.
Kuri
we, AI ni indi ntambwe muri urwo rugendo, kuko ishobora gufasha umuhanzi kubona
ibitekerezo bishya, gutangira kwandika indirimbo cyangwa kongera umusaruro
w’ibihangano.
Mu
gushimangira icyo ashaka kuvuga, Bien yatanze urugero ku muhanzi w’umunyamerika
Chris Brown, avuga ko abahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga baba bafite
amakipe y’abanditsi b’indirimbo babandikira ibihangano byinshi, hanyuma
bagahitamo ibibabereye.
Asanga
AI ishobora guha n’umuhanzi wigenga amahirwe nk’ayo, kuko ashobora kuyitoza kumenya
uburyo aririmba, amagambo akoresha n’imiterere y’umuziki we, bityo ikajya
imufasha gutanga ibitekerezo bishya.
Icyakora,
Bien yemera ko iri koranabuhanga rifite n’ingaruka rishobora guteza igihe
rikoreshejwe nabi. Yaburiye cyane cyane abahanzi bakiri bato, avuga ko
kwishingikiriza kuri AI gusa bishobora gutuma batongera gukoresha impano zabo
cyangwa ngo bubake umwihariko wabo.
Asanga
AI ikwiye kuba umufasha mu rugendo rwo guhanga ibihangano, aho kuba umusimbura
w’ubushobozi n’impano z’umuhanzi.
Mu gihe umuziki ukozwe hifashishijwe AI ukomeje kwiyongera ku mbuga zitandukanye zirimo izicuruza umuziki na TikTok, Bien yizera ko ejo hazaza h’uru ruganda hazaba ari urw’abahanzi bazafata iri koranabuhanga nk’umufatanyabikorwa ubafasha guhanga neza, aho kurwifashisha nk’inzira yo gusimbura impano nyakuri.

Bien-Aimé
yavuze ko AI itazica uburyo umuziki ukorwamo, ahubwo izagaragaza itandukaniro
hagati y’abahanzi
