Aho kugira ngo ube imbwa waba imva! KNC yiteguye kugezayo Kiyovu Sports ashinja kumutwarira umukinnyi

Imikino - 28/08/2026 8:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Aho kugira ngo ube imbwa waba imva! KNC yiteguye kugezayo Kiyovu Sports ashinja kumutwarira umukinnyi

Perezida w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles [KNC], yatangaje ko yiteguye kugezayo ikipe ya Kiyovu Sports ashinja kumutwarira umukinnyi ugifite amasezerano, Hakim Hamiss.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro Rirarashe cyo kuri Radio & TV1 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Kanama 2026. KNC yavuze ko kuba Hakim Hamiss ejo atarakoreshejwe ku mukino wa ½ cya Super Cup ya 2026 Kiyovu Sports yatsinzemo Mukura VS atari ukubera imvune nk'uko byari byavuzwe.

Ati: ”Nta mvune yagize mu myitozo si umukinnyi wa Kiyovu Sports n'ibyakora ni amakosa. Ahubwo iyo Kiyovu yibeshya ikamushyiramo Mukura VS yari kuba ubungubu irimo irasekera kuri Miliyoni 20 Frw. Iki kibazo nikitarangirira na hano no muri CAS tuzagishyiramo, ntitukajye tugira ibintu by’imiteto”. 

Yakomeje avuga ko “hari igihe abantu bamenyera abandi bagaceceka ariko ibi ni n'agasuzuguro". Ati: "Ibi ni ibintu bigaragara, uyu ni mukinnyi wacu muri system ya FIFA kugeza mu mwaka w’imikino wa 2026/2027 mu kwezi kwa 8".

"Abantu bazajye bubaha n’abandi. Ibishoboka ni bimwe abantu nibaze bajye mu biganiro tureke kubanza kwigira abanyabwenge. Abantu bazigira abanyabwenge bumve ko bazajya baza bagakina mu bintu bakumva ko ibintu biri ahongaho.”

Perezid awa Gasogi United yavuze ko yabibajije Perezida w’ikipe ya Kiyovu Sports akamubwira ko ibijyanye n’iki kibazo ntabyo azi. Yavuzeko iki kibazo kigomba kuzaca mu mucyo ndetse ko yiteguye no kuzagera mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA.

Ati: ”Ndarahiye iki kibazo kidaciye mu mucyo ntabwo mbyitayeho. Igiciro cyose bizafata burya nibiba ngombwa uzahangane ariko ntabwo abantu bashobora kukumenyera. Guceceka ntabwo ari ukuvuga ko tudafite ibyo kuvuga. Aho kugira ngo ube imbwa waba imva. Ibintu biroroshye niba bumva bakeneye umukinnyi nibaze bubaharize tuve mu bintu biri aho”.

Umuvugizi wa Kiyovu Sports, Minani Hemed yabwiye InyaRwanda ko basinyishije umukinnyi wasoje amasezerano. Yavuze ko bari baburanye na Gasogi United mu ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA, bakayitsinda gusa ikaba yarajuriye aho bategereje ikizava mu bujurire.


KNC yiteguye kugezayo Kiyovu Sports kubera Hakim Hamiss


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...