Nyuma y’uko Espagne itsinze Argentine igitego 1-0 ikegukana Igikombe cy’Isi, Yamal yavuze ko Messi yamusanze nyuma y’umukino akamugezaho ubutumwa bwamukoze ku mutima.
Yamal yagize ati: “Messi yambwiye ati, ‘Komeza inzira wahisemo. Ahazaza h'umupira hazashingira kukiragano cyanyu.’”
Uyu mukinnyi ukiri muto yavuze ko ayo magambo yayakiriye nk’impano ikomeye cyane, cyane ko yaturutse ku mukinnyi afata nk’indashyikirwa mu mateka y’umupira w’amaguru.
Yagize ati: “Ayo magambo afite agaciro kuri njye nk’ak’umudali wa zahabu. Lionel Messi ni we mukinnyi ukomeye kurusha abandi bose mu mateka y’umupira w’amaguru.”
Aya magambo ya Yamal yakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bayafashe nk’ikimenyetso cy’icyubahiro n’ishema hagati y’umukinnyi wamaze kwandika amateka n’undi uri gutangira urugendo rwo kuyandika.


Lamine Yamal yatangaje amagambo y’ihumure n’inkunga yahawe na Messi nyuma y’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026
